RDC: FARDC irahakana amakuru y’abasirikare 400 baba baratorotse mu kigo cya Kamina?

Ubuyobozi bw’igisirikare cya repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, buranyomoza amakuru yavugaga ko mu Kigo cya Gisirikare cya Kamina haba hari abasirikare bigumuye bagatoroka igisirikare.

Aya makuru yanemejwe kuri uyu wa Kabiri na minisitiri w’umutekano mu Ntara, Kis Kisala, avugana na Radio Okapi dukesha iyi nkuru. Uyu aravuga ko amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkorambaga y’uko abasirikare 400 batorotse igisirikare ari ibihuha.

Yagize ati “Hari urugjya n’uruza rusanzwe kandi turi muri Kamina ahari abashaka kwinjira mu gisirikare baza kwitoza. Hari abarangije imyitozo boherejwe ahantu hatandukanye. Nta muntu rero wahunze ibirindiro.”

Kuwa Mbere ushize, itariki 8 Gashyantare, nibwo amakuru y’itoroka ry’abasirikare bo mu kigo cya gisirikare cya Kamina, yatangiye gukwirakwizwa bitera icyoba muri Kamina.

Amakuru atandukanye ava muri Kamina, arimo n’aya sosiyete sivile nayo yabeshyuje aya makuru.

Ku ruhande rwe, umuyobozi wungirije wa serivisi z’itumanaho n’amakuru muri Etat major ya FARDC, Gen. Sylvain Ekenge, avuga ko aya makuru ari ibinyoma bigamije kurangaza abaturage.

Minisitiri Kis Kisala we arahamagarira abaturage ba Kamina gutuza no kujya mu mirimo yabo nk’uko bisanzwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *