Mynmar: Abantu 89 biciwe mu migaragambyo bari baburiwemo ko bari buraswe mu cyico

Abashinzwe umutekano muri Myanmar barashe mu bongeye kwigaragambya, bica abasaga 89 mu gihe abahiritse ubutegetsi barimo kwizihiza umunsi w’ingabo.

Abantu batari munsi ya 60 kandi bishoboka ko barenga 90 bapfuye, nkuko amakuru abivuga, mu gihe barengaga ku byo bari baburiwe n’igisirikare bakigaragambya bamagana ihirikwa ry’ubutegetsi.

Abigaragambya bagiye mu mihanda yo mu mujyi mukuru Yangon no mu yindi mijyi.

Ambasade y’Amerika muri Myanmar yavuze ko abashinzwe umutekano “barimo kwica abasivile badafite intwaro”.

Iyi mibare mishya yatuma umubare w’abamaze kwicwa kugeza ubu mu bikorwa byo kuburizamo imyigaragambyo y’abamagana ihirikwa ry’ubutegetsi ugera hafi ku bantu 400.

Mbere yaho, umusirikare wafashe ubutegetsi muri Myanmar yasezeranyije “kubungabunga demokarasi”, mu gihe ubutegetsi bwe bwaburiye abigaragambya bamagana abahiritse ubutegetsi bwari busanzweho ngo ntibajye mu mihanda.

Jenerali Min Aung Hlaing yabivugiye kuri televiziyo y’igihugu, mu ijambo rijyanye no kwizihiza umunsi w’ingabo. Yongeye gusezeranya ko hazabaho amatora, ariko ntiyavuga itariki azaberaho.

Ku wa gatanu, mu kundi kuburira, televiziyo y’igihugu yavuze ko abigaragambya bafite ibyago byo kuraswa “mu mutwe no mu mugongo”.

Aya makuru mashya y’impfu ava mu bitangazamakuru The Irrawaddy na Myanmar Now.

Myanmar Now yatangaje ko abishwe ari 91 mu mijyi 40 itandukanye mu gihugu kugeza ku isaha ya saa kumi n’iminota 30 (16h30) zaho, ni ukuvuga saa sita (12h) ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.

Amakuru mashya y’igitangazamakuru Irrawaddy avuga ko abantu bapfuye ari 59, barimo n’abana batatu, biciwe ahantu 28 hatandukanye.

Impirimbanyi zamagana ihirikwa ry’ubutegetsi zari zahamagariye abantu kwitabira imyigaragambyo ikomeye kuri uyu wa gatandatu, nubwo igisirikare cyari cyakangishije ko gikoresha imbaraga zishobora no kwica.

Abapolisi bagabwe ku bwinshi, bagerageza kuburizamo imyigaragambyo, by’umwihariko mu mujyi mukuru Yangon.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *