Kapiteni wa FC Barcelona, Lionel Messi “ashimishwa no kwica abanyezamu” iyo yinjiye mu kibuga, nk’uko byatangajwe na Willy Caballero uhamya ko uriya munya-Argentine ahorana intego yo kunyeganyeza inshundura.
Birajyana no kuba Messi amaze kwigwizaho imihigo itabarika mu myaka irenga 15 amaze muri FC Barcelona amaze gutsindira ibitego 663, bikamugira umwe mu bakinnyi b’ibihe byose mu mateka y’umupira w’amaguru.
Abahamije ububi bwa Lionel Messi imbere y’abazamu barimo umuzamu wa Chelsea, Willy Caballero, wagiye ahura na Messi bahanganye mu bihe byashize.
Caballero unasangiye na Messi igihugu cy’amavuko ari cyo cya Argentine, yabwiye 90min ko igihe cyose yagiye ahura na we yagiye ateseka cyane.
Ati: “Aryoherwa no kwica abanyezamu. Abanyezamu, ba myugariro bose arabica, hanyuma kubica bisobanuye gutsinda ibitego byinshi bishoboka.”
Caballero yakomeje avuga ko “[Messi] ntiyita ku kuba umuzi, waba uri Umunya-Argentine cyangwa inshuti ye. Akuvugisha nyuma, akagusuhuza hakanaba ibindi, ariko muri iyo minota 90 aba ari kuri gahunda yo kukwicisha ibitego.”
Magingo aya Lionel Messi amaze gutsinda ibitego 467 mu mikino 511 amaze gukina muri shampiyona ya Espagne, bikamugira uwa mbere umaze gutsinda ibitego byinshi mu mateka y’iriya shampiyona.
Messi kandi amaze gutsinda ibitego 120 muri UEFA Champions league, bimugira uwa kabiri watsinze byinshi mu mateka ya ririya rushanwa inyuma ya Cristiano Ronaldo umaze gutsinda 134.
Muri Copa del Rey ho amaze gutsinda ibitego 54 ndetse na 71 yatsindiye ikipe y’igihugu ya Argentine amaze gukinira imikino 142.
Lionel Messi ni umwe mu bakinnyi bahagaze neza cyane muri uyu mwaka w’imikino, dore ko amaze gutsinda ibitego 23 muri shampiyona ya Espagne ndetse akanagira imipira yavuyemo ibitego 11 amaze gutanga.
Cyakora cyo ahazaza he muri FC Barcelona hakomeje kuba agatereranzamba, bijyanye nuko amasezerano afitanye na yo ari kugana ku musozo ndetse hakaba nta biganiro bihari byo kuyavugurura.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


