Ifi y’imbonekarimwe ifite amenyo nk’ay’abantu arimo n’inyinya ahagana hasi bayirobye muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Ifoto y’iyi fi yashyizwe kuri Facebook muri iki cyumweru na Jennette’Pier, ikigo abantu bajya kurobamo muri leta ya North Carolina. Yatangajwe nk’iyo mu bwoko bwa ‘sheepshead’, amafi azwiho kugira imirongo myinshi y’ibijigo mu kanwa biyafasha guhekenya umuhigo (ibiribwa). Iyi fi yashyizwe muri ubu bwoko kubera uburyo kandi umunwa wayo usa n’uw’intama. Iyi fi bivugwa ko yarobwe na Nathan Martin, umuntu usanzwe ujya kenshi muri kiriya kigo kuroba. Martin yavuze ko yahoranye icyizere cyo kuzaroba ifi ya ‘sheepshead’ kugeza ubwo yagiraga atya akaroba iyi ifite “amenyo yuzuye akanwa”. Yabwiye ikinyamakuru McClatchy News ati: “Ni intambara nziza iyo uri kurwana nayo yafashwe n’indobani, ni ikintu cyiza iyo uyifashe, kandi iraryoshye.” Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]
XMA Header Image
Kigali:Ngiyi video impanuka ikomeye ihitanye umusore\\Umupadiri arapfuye abandi barakomereka
youtube.com


