Ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, yahaye PSG akayabo ka miliyoni 160 z’ama-Euro kugira ngo iyigurishe Umufaransa Kylian Mbappé.
Ni cyo kiguzi cya mbere cy’amafaranga cya mbere iyi kipe y’i Madrid yemeye gushora kugira ngo ihabwe uriya musore imaze igihe yifuza.
Kugeza ubu Mbappé aracyafite umwaka umwe w’amasezerano muri Paris Saint-Germain, gusa akomeje gushyira igitutu kuri iyi kipe ngo imurekure yigendere.
Ibi bishimangirwa no kuba mu minsi ishize PSG yarashatse kumwongerera amasezerano y’imyaka itanu nsetse ikanamugira umukinnyi wa gatatu ihemba amafaranga menshi (nyuma ya Messi na Neymar) ariko na byo akabitera utwatsi ubugira gatatu.
Umunyamakuru Fabrizio Romano avuga ko nta kindi Mbappé ashaka kitari ukuva muri PSG akerekeza muri Real Madrid, ikipe yahoranye indoto zo gukinira.
Magingo aya PSG ntacyo irasubiza Real Madrid ku busabe bwayo bwo kugurishwa uriya Mufaransa w’imyaka 22 y’amavuko.
Cyakora cyo amakuru avuga ko mu gihe iriya kipe y’i Paris yaba itakaje Mbappé, yahita yinjira mu rugamba rwo gushaka uko yamusimbuza Cristiano Ronaldo.
Ni Cristiano kuri ubu bivugwa ko ashaka kuva muri Juventus akinira akerekeza ahandi, kuko atishimiye uburyo afashwe n’iriya kipe y’i Turin mu Butaliyani.
Usibye PSG yifuza kuba yakora ibitangaza igahuriza hamwe uyu mugabo na Lionel Messi, bivugwa ko indi kipe yifuza cyane Cristiano Ronaldo ari Manchester City yo mu Bwongereza ari na yo ihabwa amahirwe menshi yo kumwegukana.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


