Afghanistan: Bya bitero Amerika yaherukaga guteguza abantu byaguyemo 60, barimo abasirikare 12 bayo

Abantu 60 barimo abasirikare 12 ba Leta zunze Ubumwe za Amerika bitabye Imana abandi barakomereka, nyuma y’iturika ryabereye hanze y’ikibuga cy’indege cy’i Kabul mu murwa mukuru wa Afghanistan.

Ni amakuru yemejwe na Minisiteri y’Ingabo za Amerika (Pentagon) nyuma y’iminsi mike iki gihugu kiburiye abantu ko hanze ya kiriya kibuga hashobora kugabwa igitero cy’ubwiyahuzi.

Umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri Pentagon yari yavuze ko ababa baguye cyangwa bakomerekeye muri kiriya gitero bataramenyekana, mu gihe Perezidansi ya Amerika yo yatangaje ko Perezida Joe Biden yamenyeshejwe ibya ririya turika.

Amakuru avuga ko ababarirwa muri 60 barimo abasirikare 12 ba Amerika ari bo baguye muri ririya turika, mu gihe ababarirwa mu 140 bakomeretse.

Umunyamakuru wa Sky News dukesha iyi nkuru, Sally Lockwood, yavuze ko itutika ryabereye iruhande rwa hoteli yitwa Baron yari icumbitsemo abasirikare n’abanyamakuru b’Abongereza.

Iri turika ribaye nyuma y’amasaha make Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziburiye abantu ko kuri kiriya kibuga cy’indege hashobora kubera igitero gikomeye mu masaha make.

Ku kibuga cy’indege cya Kabul habereye iturika mu gihe ibihugu byiganjemo ibyo mu Burengerazuba bw’Isi birimbanyije mu guhungisha abaturage babyo, mu rwego rwo kubarinda urugomo rushobora gukurikira ufatwa rya Afghanistan iheruka kwigarurirwa n’aba-Taliban.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *