Rusizi: Umugabo wari ukurikiranweho ibyaha bya jenoside yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano, mu Karere ka Rusizi, kuwa 23 Kanama rwahamije uwitwa Nigirente Jeremie w’imyaka 58 icyaha cya jenoside yari akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha maze rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu.

Nigirente Jeremie yari akurikiranweho ibyaha byakozwe mu mwaka w’1994 aho yashinjwe kugira uruhare mu bitero byishe Abatutsi bari bahungiye ku cyahoze ari Superefegitura ya Rwesero ubu ni mu Karere ka Nyamasheke, ndetse no mu bitero byishe Abatutsi babasanze mu ngo zabo, byabayemo gusahura no gutwika amazu.

Nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru, mbere y’uko Inkiko Gacaca zitangira yahungiye i Burundi bikavugwa ko yapfiriyeyo byatumye zitamuburanisha. Yongeye kuboneka ku wa 26/05/2021 aribwo yahise atabwa muri yombi atangira gukurikiranwa.

Icyaha cya Jenoside giteganywa n’ingingo ya 91 kigahanishwa ingingo ya 92 z’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, aho ugihamijwe n’Urukiko ahanishwa igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *