Banki y’Isi nyuma yo gutangaza ko izaha Leta y’u Burundi inkingo z’icyorezo cya Covid-19, irasaba iki gihugu gukangurira abaturage kwikingiza.
Mu rwandiko Veronique Kabongo uhagarariye Banki y’Isi mu Burundi yageneye Minisitiri ushinzwe ikigega cya Leta, yamumenyesheje ko biteguye kubashyigikira mu kurwanya iki cyorezo binyuze muri gahunda zirimo kubaha inkingo n’inkunga, ariko nabo ngo bagasabwa gukora ubu bukangurambaga.
Nyuma y’aho Leta y’u Burundi yari yasabye Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 78 z’amadolari ya Amerika yo kuyifasha guhangana na Covid-19, iyi banki mu mpera za Nyakanga 2021 yemeye guha iki gihugu inkingo.
Iki gihugu cyemeye kwakira izi nkingo, ariko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, iterambere ry’abaturage n’umutekano, Gervais Ndirakobuca yatangaje ko nta muturage bazakangurira kwikingiza, ngo bazajya babikora ku bushake.
Minisitiri Ndirakobuca yavuze ko batazanga inkingo bazahabwa, ngo bazajya bazakira, bazibike mu mafirigo, uwifuza kwikingiza akingirwe, ariko ingaruka urukingo ruzamugiraho ntizizabazwe Leta.


