Cabo Delgado: Ibyihebe 15 byarambitse intwaro hasi, byishyikiriza ingabo

Abarwanyi 15 bo mu mutwe witwaje intwaro umaze igihe warayogoje igihugu cya Mozambique, baheruka kurambika hasi intwaro bishyikiriza inzego za gisirikare n’izishinzwe umutekano mu karere ka Macomia ho mu ntara ya Cabo Delgado.

Amakuru avuga ko aba barwanyi mbere yo kuyamanika bari muri kimwe mu birindiro byabo biherereye mu gace ka Quiterajo muri Macomia.

Ikinyamakuru Carta de Moçambique cyavuze ko bariya barwanyi bemereye inzego z’umutekano ko Quiterajo ari yo yabaye ibirindiro byabo bikuru, ndetse n’abayobozi buriya mutwe akaba ari ho bihishe.

Kuva muri 2017 intara ya Cabo Delgado yibasiwe n’ibitero by’abarwanyi ba Islamic State byasize ababarirwa muri 3,000 bishwe, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bavuye mu byabo.

Cyakora cyo kuva ingabo z’u Rwanda zajya muri iriya ntara mu bikorwa byo gufasha ingabo za Mozambique kuyigaruramo amahoro n’umutekano, uduce hafi ya twose twari rwarigaruriwe n’ibyihebe twabashije gusubira mu maboko ya leta ya Mozambique.

Utwo turimo akarere ka Palma na Mocímboa da Praia, ndetse ibikorwa byo kwirukana burundu ibyihebe mu tundi duce nka Muidumbe, Macomia, Nangade na Quissanga biracyakomeje.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *