APR FC yatsinze Espoir FC bigoranye, ifata umwanya wa mbere muri shampiyona

Ikipe ya APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda Espoir FC igitego 1-0.

Hari mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona amakipe yombi yari yahuriyemo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Igitego cyo ku munota wa 70 w’umukino cya Ombolenga Fitina ni cyo cyafashije APR FC kwegukana amanota atatu y’uyu mukino, yuzuza umukino wa 46 wikurikiranya muri shampiyona idatsindwa.

Ni igitego uyu myugariro w’iburyo yatsinze kuri Coup-Franc yatereye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, nyuma y’ikosa ryari rimaze gukorerwa kuri Ishimwe Anicet washakaga kwinjira mu rubuga rw’amahina.

Mu gice cya mbere cy’umukino Espoir FC yari yagiye ibona uburyo bwinshi imbere y’izamu rya APR FC burimo n’umupira wagaruwe n’umutanbiko w’izamu, gusa abakinnyi barangajwe imbere na Fred Muhoozi ntibashobora kububyaza umusaruro.

Ni na ko byagenze mu gice cya kabiri cy’umukino ubwo iyi kipe yari imaze gutsindwa igitego.

Gutsinda Espoir FC byatumye APR FC ifata umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 23, mu gihe igifite imikino ibiri y’ibirarane ikwiye gukina.

Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu iranganya amanota na Kiyovu Sports isabwa gutsinda Bugesera FC kugira ngo ibashe kwisubiza umwanya wa mbere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *