Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu yavuze ko amasasu n’ibibombe byaturikiye mu murwa mukuru wa Somaliya Mogadishu mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu ubwo abarwanyi ba al Shabaab bateraga sitasiyo za polisi zitandukanye ndetse no kuri za bariyeri z’abashinzwe umutekano.
Al Shabaab ifitanye isano n’umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda, igamije guhirika guverinoma nkuru no gushyiraho ubutegetsi bugendera ku matwara akabije ya kisilamu.
Igaba ibitero kenshi kuri guverinoma, harimo n’igiheruka no kwibasira minibus yari itwaye intumwa z’amatora mu cyumweru gishize nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Minisitiri, Abdullahi Nor, yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: “Abaterabwoba bateye mu nkengero za Mogadishu maze zigaba ibitero kuri sitasiyo za polisi zacu ndetse no kuri bariyeri.”
Yakomeje agira ati “Abashinzwe umutekano bacu batsinze umwanzi.”
Nta bisobanuro byihuse ku bahitanywe n’ibyo bitero, gusa ngo polisi iraza gutanga ibisobanuro birambuye kuri ibyo bitero nk’uko minisitiri avuga.


