Kenya: VP Ruto yemeza ko nta nka n’imwe iba muri RDC

Visi Perezida wa Repubulika ya Kenya, William Ruto, yemeje ko muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nta nka n’imwe ibayo ku buryo bakwiye kuhabona isoko ry’amata.

VP Ruto yabitangaje ubwo yiyamamarizaga umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu Karere ka Nyeri, tariki ya 14 Gashyantare 2022.

Yagize ati: “Dufite isoko guhera hano muri DRC. Bafite abaturage miliyoni 90 ariko nta nka n’imwe bagira. Hano DRC hari abantu baririmba, bano bambara amapantalo bakenyerera mu nda hejuru.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko ku mwaka, Kenya igira umusaruro w’amata ungana na litiro miliyari eshatu, bityo RDC n’ibindi bihugu by’akarere byakabaye isoko ryo kuyagurishamo.

Aya magambo yababaje bamwe mu Banyecongo barimo Senateri mu Nteko Ishinga amategeko ya RDC, Ambasaderi Francine Muyumba Nkanga, asaba VP Ruto kuyavuguruza, anamumenyesha ko ashobora kugira ingaruka ku mubano w’ibihugu byombi.

Senateri Muyumba yagize ati: “Bwana Visi Perezida William Ruto, ibi ntabwo bikwiye, mu bwubahane, aya magambo ukwiye kuyavuguruza. Niba DRC nta nka n’imwe ifite, ni gute Kenya yasinya amasezerano y’ubufatanye mu by’ubukungu na RDC, Equity Bank iri gukorera muri Congo, iki ni igitutsi.”

Uyu musenateri yavuze ko Kenya keneye akarere, nako kakaba kayikeneye, bityo ikwiye kwamagana amagambo ya VP Ruto kugira ngo isigasire ubucuti bw’ibihugu byombi, kandi ngo mu gihe bitarakorwa, Inteko ishinga amategeko irafata ibyemezo.

Muyumba abona ko VP Ruto nk’umuntu ushaka kuba Perezida wa Kenya yakabaye ashishoza mu buryo bwa dipolomasi, kugira ngo ubufatanye bw’igihugu cye n’ibindi bukomeze kubaho budahungabana.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *