fltjvr1xsaardrx.jpg

Perezida Kagame yageze mu Budage

Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame, ari i Marburg mu Budage aho yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru ivuga ku gukorera inkingo muri Afurika.

Ni inama yanitabiriwe na Perezida wa Senegal Macky Sall, uwa Ghana, Nana Akufo-Addo n’Umuyobozi Mukuru wa BioNTech witwa U?ur ?ahin.

Mu Kwakira 2021, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije uri kumwe na Perezida Kagame muri uru ruzinduko, hamwe n’abayobozi ba Banki y’u Burayi ishinzwe Ishoramari (EIB) ndetse n’Uruganda rukora inkingo rwa BionTech, bashyize umukono ku masezerano agamije gutangira kubaka uruganda rw’inkingo n’imiti i Kigali (mu cyanya cyahariwe inganda) mu kwezi kwa Kamena 2022.

Amasezerano yo gukorera inkingo muri Afurika yashyizweho umukono n’ibihugu by’u Rwanda na Senegal, mu rwego rwo guharanira kwihaza k’uyu mugabane mu bijyanye n’inkingo kuva kuri 1% kugera kuri 60%.

U Rwanda na Senegal byitezweho kuzajya bikora amadoze y’inkingo abarirwa muri za miliyoni buri mwaka, hagamijwe guhashya indwara z’ibyorezo zandura nka Covid-19, Malaria n’Igituntu.

Amasezerano yo kubaka uruganda rw’inkingo n’imiti mu Rwanda yasinyiwe muri Convention Centre ku wa 26 Ukwakira 2021, ahateraniye Inama y’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’ab’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

fltjvr1xsaardrx.jpg
Perezida Kagame ari kumwe n’abandi bitabiriye inama barimo n’umuyobozi wa WHO/OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus/RBA Twitter Handle

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *