Uganda: Umuryango w’Abanyamerika ufunzwe ushinjwa gukorera iyicarubozo umwana urera

Umugabo n’umugore b’Abanyamerika batuye mu gace ka Naguru muri Kampala, mu gihugu cya Uganda, boherejwe muri gereza ya Luzira nyuma yo gushinjwa imbere y’urukiko bakekwaho kwica urubozo umwana w’imyaka 10, ubana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA .

Mackenzie Leing Mathias Spencer na Nicholas Spencer barashinjwa kuba barahaye umwana ibihano bikaze, bakamwambura uburenganzira bwo kwiga bakanamufungira mu cyumba gito araramo.

Umwana uvugwa, izina rye ritatangajwe kubera ko akiri muto, ni umwana urerwa n’uyu muryango.

Inyandiko y’ikirego yashyikirijwe urukiko rw’ibanze rwa Buganda, ku wa Gatanu ushize, igaragaza ko aba bombi bakurikiranyweho icyaha cy’iyicarubozo kibuzwa n’itegeko ryo gukumira no kubuza iyicarubozo ryo mu 2012.

Urupapuro rw’ibirego rwashyikirijwe urukiko n’ubushinjacyaha rugira ruti: “Mackenzie Leing Mathias Spencer na Nicholas Spencer hagati ya 2020 n’Ukuboza 2022 i Naguru mu Karere ka Kampala bakoze igikorwa cyo kwica urubozo umwana ufite imyaka 10.”

Umucamanza Sarah Tusiime Bashaija ygumishije abaregwa muri gereza kugeza ku wa Gatatu ubwo bazasubizwa mu rukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo nk’uko tubikesha Daily Monitor.

Mu kiganiro n’uwaari ushinzwe kurera uyu mwana w’umuhungu uvugwa, wahisemo ko amazina ye atatangazwa, yavuze ko yabimenyesheje polisi nyuma yo kubona ko umwana ameze nabi.

Ati: “Nifuzaga kuva ku kazi, ariko nari nzi ko ningenda ntagize icyo mbikoraho, iyicarubozo rizakomeza.”

Uyu yavuze ko abo bashakanye barera abana batatu, ariko bakorera iyicarubozo gusa uwo bavugaga ko atumva bamushinja ko arwaye mu mutwe , bityo bakamuha ibihano ndetse bakamukorera n’iyicarubozo ngo mu rwego rwo kumusubiza ku murongo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *