Leta ya RDC yasabye Zimbabwe kuyoherereza General Numbi

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasaba iya Zimbabwe kuyoherereza General John Numbi wabaye Komiseri Mukuru wa Polisi kuva mu 2010 kugeza mu 2020.

Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, yandikiye Ambasade ya Zimbabwe muri RDC kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022.

Minisitiri Lutundula yasabye iyi Ambasade ko Leta ya Zimbabwe yashyikiriza General Numbi ibiro bya Polisi ndengamipaka (Interpol), ishami rya Harare, kugira ngo na rwo rumushyikirize Leta ya RDC.

Gen. Numbi yahunze mu ntangiriro z’umwaka ushize ubwo yakorwagaho iperereza ku ruhare akekwaho mu rupfu rw’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Floribert Chebeya n’umushoferi we, Fidèl Bazana.

Tariki ya 20 Werurwe 2021, George Kapiamba uyobora umuryango ACAJ uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri RDC yamenyesheje Leta ko Gen. Numbi yaba amaze iminsi ahungiye muri Zimbabwe.

Mu gihe bikekwa ko ari muri Zimbabwe, John Banyene uyobora sosiyete sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru tariki ya 29 Ukwakira 2022 yatangaje ko Gen. Numbi yaba yarasubiye muri RDC mu ibanga, akaba ari gufasha M23 ku rugamba.

Bazana wayoboraga umuryango La Voix de Sans Voix na Bazana biciwe ku biro bikuru bya Polisi ya RDC mu mwaka w’2010. Icyo gihe ni Gen. Numbi wayoboraga uru rwego rushinzwe umutekano, ndetse bamwe mu batangabuhamya barimo Mugabo Jacques wabaye umupolisi babwiye urukiko ko ari we watanze ibwiriza ry’uko bicwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *