Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yashinje Perezida Cyril Ramaphosa uriho ubu mu bushinjacyaha bwigenga, igikorwa Ramaphosa yamaganye avuga ko ari “ugukoresha nabi inzira zemewe n’amategeko” .
Ibi bibaye mu gihe Kongere y’ishyaka ANC itangira inama y’amatora kuri uyu wa Gatanu kugira ngo hemezwe niba Ramaphosa azaharigararira mu matora ya perezida ataha yo muri Afurika y’Epfo mu 2024. Ramaphosa yayoboye ishyaka rya ANC kuva yasimbura Zuma muri 2017.
Ku wa kane, Zuma yatanze ikirego, ashinja Ramaphosa kuba yari “inyuma” yo mu gusohora inyandiko z’ibanga z’ubuzima bwe mu itangazamakuru nk’uko iyinkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Uru rubanza rufitanye isano n’urugamba Zuma amazemo igihe kinini ariko kugeza ubu rutragira icyo rugeraho rwo kwikiza umushinjacyaha Billy Downer, ukurikirana uwahoze ari perezida ku byaha bya ruswa bijyanye n’amasezerano yo kugura intwaro yo mu 1990 avugwamo ruswa.
Fondasiyo ya Jacob Zuma yagize iti: “Perezida Cyril Ramaphosa yashinjwe mu bushinjacyaha bwigenga icyaha cyo kuba igikoresho nyuma yo kuba mu byaha byakozwe n’abarimo Umujynam mu by’amategeko Downer aribyo, kuba yarenze ku biteganywa n’amategeko agenga ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushinjacyaha] NPA.”
Yongeyeho ati: “Ibyaha bikomeye Bwana Ramaphosa yashinjwa mu rukiko bihanishwa igifungo cy’imyaka 15”.


