Maj. ‘Gavana’ wayoboraga RUD-Urunana na bagenzi be 9 bivuganwe na M23

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Major Nshimiyimana Cassien uzwi nka Gavana wayoboraga umutwe wa RUD-Urunana, yivuganwe n’umutwe wa M23.

Maj. Nshimiyimana ‘Gavana’ yari umuyobozi wa RUD-Urunana kuva muri 2019, nyuma y’iyicwa rya General Musabyimana Juvenal wahoze akuriye uriya mutwe wiyomoye kuri FDLR.

Uyu ‘Gavana’ azwiho kuba ari we wari inyuma y’igitero cyo muri 2019 abarwanyi ba RUD-Urunana bagabye mu Kinigi mu karere ka Musanze kikagwamo abasivile babarirwa muri 20.

Yiciwe muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yo kugambanirwa na bagenzi be bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mafaranga.

Gavana ngo yiciwe mu mirwano yasakiranyije abarwanyi ba RUD-Urunana n’umutwe w’abakomando ba M23. Ni imirwano bivugwa ko yatangiye saa saba z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu.

Uretse Maj. Gavana, iyi mirwano amakuru avuga ko yanaguyemo abarwanyi icyenda ba RUD-Urunana bari kumwe na we.

BWIZA yagerageje kuvugana na Maj. Willy Ngoma uvugira Igisirikare cy’umutwe wa M23 ngo ayihamirize amakuru y’iyicwa ry’iriya nyeshyamba, gusa ntarasubiza ubutumwa bwayo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *