Afghanistan: Leta y’Abatalibani yafashe icyemezo cyo gukumira abakobwa muri za kaminuza

Minisiteri y’amashuri makuru muri leta iyobowe n’Abatalibani muri Afghanistan yavuze ko abanyeshuri b’abakobwa batazemererwa kwinjira muri kaminuza z’igihugu kugeza igihe hazasohoka amabwiriza mashya .

Ibaruwa yemejwe n’umuvugizi wa minisiteri y’amashuri makuru kuri uyu wa Kabiri, yategetse kaminuza za Leta n’abikorera bo muri Afghnistan guhagarika byihuse abanyeshuri b’abakobwa, nk’uko byemejwe n’inama y’abaminisitiri.

Ibaruwa yahawe kaminuza zose za Leta n’abigenga, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Amashuri Makuru, Neda Mohammad Nadeem yagize iti: “Mwese murasabwa guhita mushyira mu bikorwa icyemezo cyavuzwe cyo guhagarika uburezi bw’igitsina gore kugeza igihe muzabimenyesherezwa.”

Umuvugizi wa minisiteri, Ziaullah Hashimi, wavuze kuri iyi baruwa kuri twitter, yemeje iryo tegeko ku bigo byinshi by’amakuru birimo AFP ndetse na Associated Press.

Umuvugizi wa Loni, Stephane Dujarric, yavuze ko iki gikorwa ari “ikibazo”.

Ku wa Kabiri, Dujarric yabwiye abanyamakuru ati: “Biragaragara ko ari irindi sezerano ryishwe n’Abatalibani.”

Ati: “Twabonye kuva bafata ubutegetsi… kugabanuka k’urubuga ku bagore, atari mu burezi gusa, ahubwo no mu kugera mu ruhame.”

Ibi byatangajwe mu gihe Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kateraniye i New York kiga kuri Afghanistan. Intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza zombi zamaganye icyo cyemezo mu nama y’akanama.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *