Robertinho yatandukanye na Vipers SC yatozaga

Ikipe ya Vipers Sports Club yo mu gihugu cya Uganda, yatangaje ko yamaze gutandukana n’umunya-Brésil Roberto Oliveira uzwi nka Robertinho wari usanzwe ari umutoza wayo mukuru.

Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet yemeje ko yatandukanye n’uyu mutoza wahoze atoza Rayon Sports ya hano mu Rwanda, gusa ntiyatangaza icyatumye afata umwanzuro wo gutandukana na yo.

Robertinho yatandukanye n’iyi kipe y’i Kampala nyuma yo kuyifasha gutwara Igikombe cya shampiyona ya Uganda mu mwaka ushize w’imikino ndetse no kuyigeza mu matsinda ya CAF Champions league.

Amakuru avuga ko uyu mutoza ashobora kwerekeza muri Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *