Leta ya Sudani y’Epfo yatangaje ko ifite icyizere cyo gutera ikirenge mu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo igakurirwaho ibihano biyemerera kongera kugura intwaro.
Minisitiri w’Ingabo n’abahoze ku rugamba muri Sudani y’Epfo, Angelina Teny, yavuze ko kuba igihugu cye kigiye kohereza Ingabo kugarura amahoro muri Congo abibona nk’inzira yatuma inzitizi z’ibihano Sudani y’Epfo yafatiwe zivaho.
Ati: “Dufite ikintu cyitwa ngo ni ibihano byerekeye intwaro, gusa uruhare rwacu mu kohereza [Ingabo] muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo turufata nk’imwe mu nzira yo gukuraho izo nzitizi.”
Minisitiri Teny waganirizaga abasirikare barenga 700 Sudani y’Epfo yitegura kohereza mu butumwa bwo kugarura amahoro muri RDC, yabasabye kuzuza inshingano zabo neza mu rwego rwo kwereka amahanga isura nshya ya Sudani y’Epfo.
Ni impanuro banahawe na Perezida Salva Kiir wabasabye kubyaza umusaruro amahirwe yo kujya muri RDC nk’umwanya wo kwerekana ko Sudani y’Epfo itakiri iya kera.
Muri Nyakanga 2018 ni bwo akanama ka Loni gashinzwe umutekano gafatiye Sudani y’Epfo ibihano biyikumira kongera kugura intwaro, nyuma yo gushinja ingabo za Perezida Salva Kiir kurenga ku masezerano y’amahoro zari zarasinyanye n’inyeshyamba za Riek Machar.
Ibihano nk’ibi byari byaranafatiwe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa muri uku kwezi k’Ukuboza akanama ka Loni gashinzwe umutekano kaza kubiyikuriraho.


