Ukwitana ba mwana hagati ya RDC na M23 ku warashe kajugujugu ya MONUSCO

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje umutwe wa M23 kuba ari wo uheruka kurasa kuri kajugujugu ya MONUSCO yerekezaga i Goma.

Ku Cyumweru tariki ya 05 Gashyantare ni bwo iyo kajugujugu yarashweho n’abantu batatangajwe, ubwo yari igeze muri Teritwari ya Nyiragongo ijya i Goma.

MONUSCO mu itangazo yasohoye yavuze ko iyi kajugujugu yari ivuye mu gace ka Beni ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Icyo gihe umwe mu bari bashinzwe kuyitwara w’umunya-Afurika y’Epfo yahise apfa na ho umutekinisiye wayo arakomereka, gusa ibasha kugwa ku kibuga cy’indege cya Goma.

Guverinoma ya RDC mu itangazo yasohoye ku wa Mbere, yavuze ko yamagana igitero cyagabwe kuri iriya ndege; ishyira mu majwi inyeshyamba za M23.

Iti: “Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iramagana nyuma y’amasaha 24 inama ya Bujumbura isabye ihagarikwa ry’imirwano, igitero cyo kuri iki cyumweru tariki ya 05 Gashyantare 2023 mu bice bigenzurwa na M23/RDF mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri kajugujugu yo mu bwoko bwa Oryx ya MONUSCO.”

RDC yibukije ko iriya ndege yarashweho nyuma y’indi ya MONUSCO yahanuriwe mu misozi ya Chanzu ku wa 29 Mutarama 2022 igahitana abantu umunani bari bayirimo.

Yibukije kandi ko hari igitero cyagabwe i Kiwanja tariki 29 Ukwakira 2022 kikagwamo abasirikare bane bo mu ngabo za MONUSCO.

Mu gika cya gatanu cy’itangazo RDC yasohoye yavuze ko isaba akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku isi “guhita gafatira ibihano inyeshyamba za M23, n’abazishyigikiye “u Rwanda”, kubera ibyaha by’intambara bikorerwa abakozi ba MONUSCO.”

RDC yashinje M23 guhanura iriya ndege, mu gihe ku Cyumweru uyu mutwe watangaje ko iriya ndege itigeze irasirwa mu bice ugenzura.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Major Willy Ngoma kuri Twitter ye yavuze ko “bitandukanye n’ibivugwa kuri murandasi, nta kintu kigeze kibera mu gace kagenzurwa na M22.”

Major Willy Ngoma yunzemo ko ibyarimo bivugwa bisa n’aho ari umukino wa Guverinoma ya Congo mu rwego rwo “gushaka gushora MONUSCO mu ntambara yeruye na M23”, gusa ayiburira ko izashibukanwa n’umutego [mutindi] ikomeje gutega.

Kugeza ubu MONUSCO ntabwo iratangaza uwaba yararashe kuri iriya kajugujugu yayo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *