Vuba aha ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe mu burasirazua bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (EACRF) zigiye gutangira gukorana n’ingabo z’umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) .

Umugaba mukuru w’ingabo za EAC, Gen. Jeff Nyagah n’umugaba w’Ingabo za MONUSCO, Gen. Otà¡vio Rodriguez, kuri uyu wa Kabiri ushize bahuriye ku cyicaro cya MONUSCO barebera hamwe ibijyanye no guhuza ibikorwa n’imikoranire hagati y’ingabo zombi nk’uko tubikesha umunyamakuru Justin Kabumba ukorera France24, AP, BBCAfrique n’ibindi bitangazamakuru.

Nk’uko EAC ibivuga, ahantu hashobora kubamo guhuza ibikorwa no gukorana harimo: gutandukanya no kugena imbago z’ibikorwa; Imicungire y’intambara, harimo kugenzura ikirere; inkunga y’ibikoresho mu bijyanye na MEDVAC, CASEVAC hamwe n’ubushobozi bw’ubwikorezi bwo mu kirere mu kujya ku birindiro bya kure; Inkunga ya tekiniki yo kwitegura kwirwanaho; Gufungura inzira nyamukuru ; gusangira amakuru, ubutasi no kugenzura.


