
Fang Bin yafunguwe nyuma y’uko amaze imyaka 3 muri gereza, akurikiranyweho guteza imvururu ubwo yarimo asakaza amashusho y’abantu bapfaga ku bitaro bimwe byo mu Bushinwa bazize icyorezo cya COVID19.
Uyu munyamakuru w’Umushinwa, yarekuwe kuri icyi cyumweru taliki 1 Gicurasi 2023, nyuma y’uko atawe muri yombi ashinjwa guteza imvururu mu gihe Covid19 yari irimo guca ibintu mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa.
BBC yanditse ko itabwa uyu munyamakuru yatawe muri yombi muri Gashyantare 2020 , bikozwe mu ibanga rikomeye maze urukiko rukamukatira imyaka itatu rwihishwa kuko yafashwe nk’urwanya COVID anagerageza kwamagana ibyo itangaza kuri iyi ndwara.
Iki kinyamakuru kivuga ko mbere y’uko Fang Bin afungwa yari yafashe amashusho y’abantu 8 bishwe n’icyorero ngo yongeraho amagambo agira ati”Baturage twigaragambye guverinoma ireberere abantu bayo”.
Abaharanira uburenganzira bwa muntu mu Bushinwa , bakimara kubona Fang Bin, bishimiye igaruka rye ariko ntibanyurwa n’uko ngo hari n’undi munyamakuru witwa Zhang Zhan wanahoze ari umunyamategeko watawe muri yombi muri Mata 2020 akatirwa imyaka ine y’igifungo none akaba agifunzwe.
Icyo gihe ngo yavuye Shangai aho yaratuye yerekeza Wuhan ngo akore inkuru mpamo yo kwirinda Covid n’ingaruka zayo ,ahageze ahindura umuvuno avuga ko agiye kuvuga ukuri kw’ibyo yabonye bitandukanye n’ibyavugwaga.
Uyu mugore w’imyaka 76, ngo yari yabujijwe gusakaza amashusho no gukoresha urubuga rwa twitter atangaza ibyo ubuyobozi bwavuzwe kudatangazwa ariko ngo arigomeka , ahita atabwa muri yombi.


