Abayoboke b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) kuri uyu wa Gatandatu utaha, itariki 13 Gicurasi 2023, bazateranira muri kongere y’ishyaka aho ku murongo w’ibizigirwamo harimo no gutora uzahagararira ishyaka mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka utaha .
Iyi kongere biteganyijwe ko izabera muri Hotel Olympic ku Kimironko, Akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, guhera saa yine z’amanywa (10:00 hrs) kugeza saa saba (13:00 hrs).
Muri iyi kongere yo ku rwego rw’igihugu hazabamo gutora abayobozi b’ishyaka batandukanye ndetse no gutora umukandida uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwemu 2024.
Frank Habineza usanzwe ari perezida w’ishyaka akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, biravugwa ko ashobora guhara uyu mwanya kugirango azabashe kongera kugerageza amahirwe ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu gihe ishyaka ryaba rimwemeje nk’umukandida waryo.
Mbere y’ amatora y’umukuru w’igihugu aheruka, Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Green Party) niryo ryabimburiye andi mashyaka yemewe mu Rwanda mu gutangaza ko rizatanga umukandida mu matora y’ umukuru w’ igihugu.
Mu nama y’ abayobozi b’ ishyaka yo kuwa 17 Ukuboza 2016, Green Party yemeje umuyobozi wayo, Dr Frank Habineza nk’ umukandida uzarihagararira mu matora ya perezida yo mu 2017.
Mu 2017 Dr Frank Habineza akaba yariyamamarije kuba Perezida wa Repubulika ariko ntiyatorwa kuko yagize amajwi 0.48% gusa.
Ishyaka Green Party ryateguye kongere mu gihe mu 2021 ryavuzwemo amacakubiri ashingiye ku kuba hari abagize Komite nyobozi bavugwaho gushaka kuricamo ibice bakariremeramo irindi shyaka. Icyo gihe Dr Habineza ariko yabwiye bwiza.com ko baje gusuzuma basanga abo bantu basanzwe bakorana n’irindi shyaka riba mu Burayi ryitwa RANP – Abaryankuna (Rwandan Alliance for The National Pact).
Yavuze ko abantu babiri bashakaga gusenya Green Party bashakaga kubikora bahereye mu basanzwe ari abayoboke baryo.
Dr Habineza ati: “ Hari abanyamuryango bacu babiri bashaka kudusenyera ishyaka. Twaraperereje tuza gusanga bakorana n’abagize ishyaka ryitwa Abaryankuna (Rwandan Alliance for The National Pact). Aba kandi ntiduhuje umurongo wa Politiki. Twabirukanye mu ishyaka.”
Aba bombi bavugwagaho kuba barashakaga kuzayobora Green Party mu matora y’abadepite yo mu mwaka wa 2023.
Ku itariki ya 14 Mata 2014 ni bwo ibendera ry’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, ryazamuwe ku Biro by’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, NFPO bivuze ko imyaka icyenda ishize ryinjiye muri iryo huriro.
Iri shyaka ryashinzwe muri Kanama umwaka wa 2009 ariko ntiryahita ryemererwa gukorera ku butaka bw’u Rwanda, kuko ritari ryujuje ibisabwa.


