Umusenateri w’Umunyamerika arashinjwa uburiganya no kunyereza umutungo

Umusenateri w’Umurepubulikani muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, George Santos, wanze kwegura kubera kubeshya ku mwirondoro we, yashinjwe uburiganya, iyezandonke no kwiba amafaranga ya Leta, nk’uko Minisiteri y’Ubutabera yabitangaje kuri uyu wa Gatatu .

Byari byitezwe ko yitaba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gataatu mu Rukiko rwa New York.

Ku wa Kabiri, uwunganira Santos n’ibiro bye muri kongere ntibyigeze bisubiza ibyifuzo bya Reuters byo kugira icyo batangaza, nyuma y’uko CNN itangarije bwa mbere amakuru yerekeye ibyo birego.

Umunyamakuru wa Associated Press wabashije kuvugana n’uregwa kuri telephone kuri uyu wa Kabiri avug ko yamubwiye ati: “Aya ni amakuru kuri njye. Ni wowe wa mbere umpamagaye kuri iki kibazo.”

Nyuma gato y’amatora Santos w’imyaka 34 y’amavuko yatorewemo mu Gushyingo, mu karere ahanini gatuwe n’abaherwe ka Long Island muri New York, New York Times ndetse n’ibindi bitangazamakuru byanditse ko Santos yahimbye ibintu hafi ya byose muri CV ye.

Mu bindi birego aregwa, harimo kuba yaravuze ko afite impamyabumenyi yakuye muri Kaminuza ya New York na Baruch College, nubwo nta kigo na kimwe muri ibi kigeze kigaragaza ko yahize. Yavuze ko yakoze muri Goldman Sachs na Citigroup, kandi na byo bikaba atari ukuri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *