Kuri uyu wa Kane, Ingabo za Armenia na Azerbaijan zarasanyeho ku birindiro byazo mu gace ko ku mupaka, aho impande zombi zivuga ko abasirikare bazo bakomeretse .
Armenia yavuze ko igisirikare cya Azerbaijan cyagabye igitero cy’intwaro ziremereye ku basirikare bayo hafi y’umudugudu wa Sotk ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku isaha yaho (saa munani z’ijoro kuri GMT).
Minisiteri y’ingabo yavuze ko ibisasu byakomeje guterwa amasaha menshi bikomeretsa byibuze abasirikare batatu ba Armenia. Yashinje kandi Azerbaijan kwibasira imbangukiragutabara yari ijyanye umwe mu basirikare bakomeretse nk’uko iyi nkuru dukesha Russia Today ivuga.
Minisiteri yagize iti: “Imitwe y’ingabo za Armenia iri gufata ingamba zikwiye zo gukumira no kwirwanaho” mu rwego rwo gusubiza ibikorwa byakozwe n’igihugu cy’abaturanyi. Yongeyeho ko mu tundi turere two ku mupaka uhuza Repubulika zombi zahoze zigize Repubulika Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti hakomeje kuba “umutekano.”
Hagati aho, Azerbaijan yo yisobanuye ivuga ko irimo gusubiza igitero cyagabwe n’ingabo za Armenia ku wa Gatatu, igitero ngo umusirikare wa Azerbaijan yakomerekeyemo bikabije mu mutwe bitewe n’amasasu menshi barashwehoe.
Armenia na Azerbaijan biri mu makimbirane amaze imyaka ibarirwa muri za mirongo bipfa akarere ka Nagorno-Karabakh, agace ka Azerbaijan kiganjemo abaturage benshi bafite inkomoko muri Armenia, batangaje ko biyomoye kuri Azerbaijan mu ntangiriro z’imyaka ya 90.
Mu 2020, abaturanyi bombi barwanye intambara y’iminsi 44 yo kugenzura ako karere, yarangijwe n’amasezerano yo kuyihagarika yahagarikiwe n’u Burusiya.


