
Pep Guardiola usanzwe amenyerewe nk’umutoza w’igihangange ku mugabane w’Iburayi by’umwihariko mu gihugu cy’Ubwongereza, yatangiye kwivuga ibigwi agaragaza ko we n’abakinnyi be nta kibazo bafite ndetse ko yiteguye guserukana intsinzi.
Ni umukino w’itezwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu saa 21h00, ugahuze ikipe ya Manchester City na Real Madrid mu mukino wo kwishyura ugeze muri 1/2 cy’irangiza.Umukino ubanza amakipe yose yari yanganyije igitego 1-1.
Mbere y’uyu mukino, Guardiola yavuze ko yiteguye atari n’ubwa mbere yaba yiteguye gutwara igikombe muri Champions League , kuko agitoza Fc Barcelona yayihesheshe ibikombe 2 mu mwaka wa 2009 na 2021.Ati” Aha narahabaye si ubwa mbere , ibigwi byanjye ni ntayegayezwa birihariye.Nabwiye abakinnyi banjye ngo bitegure kugirira ibihe byiza kuko ni amahirwe tugiye kubonera aha.”
Yakomeje agira ati” Igikombe kiri mu maboko yacu, biraterwa natwe! gusa turi hano ngo dutsinde uyu mukino kugirango tugere ku mukino wa nyuma.”
Uyu mukino witezwe n’abatari bacye, uraza kurangira hamenyekanye ikipe izahurira ku mukino wa nyuma na Intel de Millan.Icyo wamenya ni uko ,mu mikino,15 ya Champions Leagues Real Madrid imaze gukina , 13 muri yo niyo yatangiye ifungura amazamu.


