Umunywanyi wa Katumbi ushinjwa gukorana na M23 n’u Rwanda arasubira mu rukiko

Iburanisha rya kabiri ry’utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Salomon Kalonda Idi Della, wo mu ishyaka Ensemble pour la République rya Moise Katumbi, ritegerejwe kuri uyu wa Kabiri ku bushinjacyaha bwa gisirikare nyuma y’iryo kuwa Gatandatu. Ni nyuma y’uko ku wa Mbere, umucamanza ushinzwe iperereza yari yabuze ku biro bye. Icyakora, itsinda ry’abavoka bunganira iyi mfungwa ya politiki y’ubutegetsi bwa Tshisekedi ryari ryamanutse ryose.

Iri buranisha rero ryimuriwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Kamena 2023. Kalonda ufatwa nk’ukuboko kw’iburyo kwa Moà¯se Katumbi witegura guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu, arashinjwa kuba yarashishikarije abasirikare gukora ibikorwa binyuranye n’amahame abagenga. Ashinjwa kandi imikoranire n’umutwe wa M23 no kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi kugira ngo hageho umuyobozi uvuka i Katanga nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ikomeza ivuga.

Nyuma y’iburanisha rya mbere, umushinjacyaha wa gisirikare yari yongeye gusoma inyandikomvugo yose yateguwe n’ubutasi bwa gisirikare. Nk’uko amakuru aturuka mu begereye iyi dosiye avuga, ngo inyandikomvugo y’ibanze ntabwo yashyizwemo amagambo amwe ya Salomon Idi Kalonda. Nyuma yo kwitaba bwa mbere, umushinjacyaha wa gisirikare yategetse ko Kalonda afungwa by’agateganyo maze yoherezwa muri gereza ya gisirikare ya Ndolo.

Kuva Salomon Idi Kalonda Della yafatwa, dosiye yakomeje gufata intera. Amakuru aturuka muri Jeune Afrique avuga ko ku mugoroba wo ku itariki ya 8 Kamena, nyuma y’amasaha make yo gusaka ingo za Salomon Idi Kalonda i Kinshasa na Lubumbashi, inama y’ibanga yahamagajwe ku munota wa nyuma muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga. Abambasaderi benshi batumiwe baritabiriye. Abo ni abahagarariye u Bufaransa, u Bubiligi n’u Buholandi, ariko n’uhagarariye Afurika Yunze Ubumwe, u Bushinwa na Angola na Gabon.

Ku ruhande rwa guverinoma, bamwe mu baminisitiri, barimo uw’itumanaho, Patrick Muyaya, ndetse n’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, bitabiriye hamwe na Gen. Maj. Christian Ndaywel, Umugaba mukuru wungirije ushinzwe iperereza rya gisirikare. Nk’uko amakuru menshi aturuka mu bamenye iby’iyi nama avuga, ngo iyi nama yari umwanya ku ruhande rwa Congo kugira ngo baganire kuri bimwe mu bimenyetso bigaragara muri dosiye ya Kalonda, bivugwa ko harimo ubutumwa yagiye ahererekanya n’abayobozi bo mu Rwanda.

Ikindi ngo gisa nk’icyari kigamijwe ni ugusaba abadipolomate bamwe na bamwe kugira amakenga mu gufata uruhande no kubasaba kwifata muri iyi dosiye bivugwa ko itoroshye na gato. Abegereye Perezida Félix Tshisekedi baba batinya kugirana ibibazo n’itangazamakuru n’abahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *