Inzego z’umutekano mu karere ka Kayonza ziri gushakisha umugabo witwa Musonere Théogène zikekaho kwica umugore we n’abana batatu.
Musonere w’imyaka 40 y’amavuko akekwaho kwicisha umupanga abana be batatu barimo umukobwa umwe n’abahungu babiri, cyo kimwe na nyina ubabyara.
Ba nyakwigendera biciwe mu mudugudu wa Mubuga, akagari ka Gitara ho mu murenge wa Kabare muri Kayonza, mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 14 Kamena.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB),Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko Musonere ukekwaho kwica bariya bantu agishakishwa.
Dr Murangira yabwiye Umuseke ko “uriya mugabo turacyamushakisha.”
Ni nyuma yo kubukora agahita acika, ku buryo nta wuzi aho aherereye.


