Myugariro Serumogo Ally Omar wari umaze imyaka itanu muri Kiyovu Sports, yamaze kwerekeza muri Rayon Sports nyuma yo gutandukana na yo.
Uyu myugariro ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo yasinye amasezerano yo gukinira Murera mu myaka ibiri iri imbere.
Ku mugoroba wo ku wa Kane Kiyovu Sports yari yatangaje ko yatandukanye na Serumogo wari usanzwe ari Kapiteni wayo wungirije, nyuma yo kumusezerera.
Uyu myugariro unasanzwe akinira ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yasezerewe na Kiyovu Sports yiyongera ku bandi bakinnyi batandukanye, barimo Nshimirimana Ismael ‘Pitchou’ na Bigirimana Abedi.
Aba bakinnyi bombi basanzwe bakinira ikipe y’Igihugu y’u Burundi bivugwa ko bamaze igihe mu biganiro na Rayon Sports, ku buryo bigenze neza na bo bashobora kuyerekezamo.
Ni Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAF Confederation Cup izahagarariramo u Rwanda.
Serumogo Ally Omar byitezwe ko agomba gufata umwanya wa Mucyo Didier Jr basanzwe bakina ku mwanya umwe; uyu Rayon Sports yari imaze umwaka igenderaho akaba umusimbura we.


