Rusesabagina Paul uherutse gusohoka muri gereza ya Nyarugenge nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, yatangaje ko ikirahuri yahawe ari cyo cyatumye yisanga mu maboko ya Polisi y’iki gihugu n’urwego rw’ubugenzacyaha.

Uyu mugabo wahamijwe ibyaha by’iterabwoba yatawe muri yombi muri Kanama 2020 ubwo yururukaga indege yihariye y’ikigo GainJet Aviation, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali. Icyo gihe yari kumwe na Pasiteri Niyomwungere Constantin wamushutse.

Mu kiganiro na New York Times, yavuze ko hagati mu mwaka w’2019, inshuti ye y’umunyamategeko yitwa Twagiramungu Innocent ari yo yamuhuje na Pasiteri Niyomwungere ukomoka mu Burundi, ariko akaba anakorera umurimo w’ivugabutumwa mu Rwanda.

Rusesabagina yasobanuye uburyo yahuriye na Twagiramungu na Niyomwungere inshuro nyinshi mu Bubiligi, uyu Pasiteri akamusaba gusura u Burundi, akaganiriza abayoboke be ku bwiyunge n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Ngo mu gihe bari bakomeje gutegura gahunda yo kujya mu Burundi, Rusesabagina avuga ko yarushagaho kudashira amakenga Pasiteri Niyomwungere. Yatanze urugero rw’aho uyu muvugabutumwa yamusabye ko yazagendera wenyine mu ndege bwite, akabyanga, akamubwira ko bagomba kujyana.

Pasiteri Niyomwungere kandi ngo yasabye Rusesabagina kutabwira umuryango we ko agiye kujya mu Burundi. Gusa we avuga ko yabirenzeho, ahamagara umugore we abimumenyesha, yandikira n’umukobwa we ubutumwa bwa telephone bwo yageraga i Dubai, anabasezeranya kubamenyesha ageze i Bujumbura.

Ubwo bageraga mu ndege, Rusesabagina yavuze ko yabajije umupilote n’umukozi ushinzwe guha serivisi abagenzi aho bamujyanye. Ati: “Bombi bavuze ko bagiye i Bujumbura.”

Rusesabagina yatangaje ko indege yahagurutse i Dubai mu ijoro. Muri uwo mwanya ngo ni bwo yahawe ikirahuri cy’ikinyobwa, akeka ko cyari cyashyizwemo ikintu. Ati: “Narasinziriye cyane. Ntekereza ko mu kirahuri cya Champagne harimo ikintu.”

Uyu mugabo yavuze ko yakangutse ubwo indege yari igeze ku kibuga cy’indege. Ngo ni bwo yabonye umunara usa n’uwo i Kigali, arikanga, ubwoba buramusura. Ati: “Nibwiraga ko ari iherezo ry’ubuzima bwanjye.”

Rusesabagina avuga ko yari yararahiye ko atazagira uwo yizera, gusa ngo umutego wa Pasiteri Niyomwungere wo yawuguyemo.

Pasiteri Niyomwungere yabivuzeho

Pasiteri Niyomwungere muri Gashyantare 2021 yatangaje ko byageze mu ntangiriro za Kanama 2020, Rusesabagina amubwira ko agiye kugirira uruzinduko mu Burundi guhura n’abayobozi b’iki gihugu n’aba FLN, ndetse amusaba ko bajyana, nk’umuntu uhasobanukiwe neza, arabimwemerera, nyuma aza kumuca inyuma, abimenyesha RIB.

Pasiteri Niyomwungere yasobanuye ko RIB yamufashije gutegura umugambi wo kugeza Rusesabagina mu Rwanda atabizi.

Tariki ya 26 Kanama 2020, ngo Rusesabagina yahagurutse muri San Antonio muri Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho umuryango we utuye, agera i Dubai ku munsi wakurikiyeho. Nyuma y’asamaha make bari bamaze baruhukira muri Hoteli yaho yitwa Ibis, we na Pasiteri Niyomwungere bagiye ku kibuga cy’indege, bafata indege bwite [nk’uko bari babisezeranye] y’ubwoko bwa Challenger 605 ya GainJet.

Mu gihe bageraga mu ndege, ngo Rusesabagina yari ananiwe ku buryo umuvugabutumwa yashoboye kumurangaza, ntiyumve ijwi rimuhishurira ko ajyanwe i Kigali. Ati: “Ubwo abakozi bo mu ndege batangazaga ko twerekeje i Kigali, naramuvugishije kugira ngo murangaze. Baduhaye ibiryo n’icyo kunywa. Kubera ko nari maze kumva ko abakozi bo mu ndege bashobora kumvamo, nababwiye ko inshuti yanjye inaniwe kandi ikeneye kuruhuka. Rusesabagina yaje gusinzira.”

Batangiye urugendo bava i Dubai. Pasiteri Niyomwungere yavuze ko Rusesabagina yari azi ko yerekeza mu Burundi, yisanga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, RIB imwereka itangazamakuru tariki ya 31 Kanama 2020.

Umuryango wa Rusesabagina uremeza ko watangiye gukurikirana mu nkiko ikigo gitunze iyi ndege kubera ko ngo abakozi bacyo baramuyobeje.

One Response

  1. Rusesabagina arahamya ko ikirahuri cyamukozeho
    Yooobobobo uwo niwe urwanira kuba Perezida, kumugani wa Mukankiko inda nini yabo ntiyabibashoboza, kuko igihugu kiyoborwa nubasha kwihangana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *