Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko bwamaze kunoza umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila wahoze ari Perezida w’iki gihugu cyo kimwe na Moà¯se Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ikinyamakuru Congo Intelligence cyanditse ko umugambi wo guta muri yombi aba banyapolitiki bombi wacuzwe n’Urwego rwahoze rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri RDC (DEMIAP) kuri ubu rushinzwe gucungira hafi ibikorwa bigamije guhungabanya ubusugire bw’igihugu ndetse n’ubutegetsi bwa Tshisekedi.
Amakuru kuri ubu avuga ko itsinda rigizwe n’abayobozi bakuru ba DEMIAP n’abashinzwe umutekano bakora mu rwego rushinzwe iperereza (ANR) bamaze koherezwa mu ntara ya Katanga Kabila na Katumbi bavukamo.
Congo Intelligence na Africa News bavuga ko muri misiyo yajyanye bariya bantu muri Katanga harimo gushyira intwaro mu nzuri Joseph Kabila na Moà¯se Katumbi bafite mu gace ka Kashamata, kugira ngo haboneke impamvu yo kubata muri yombi.
Ni misiyo ngo boherejwemo na Lt Gen Franck Ntumba usanzwe ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu bya gisirikare.
Joseph Kabila umaze igihe atagaragara muri Politiki ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bivugwa ko yiteguye kuyigarukamo vuba bishoboka, mu gihe Katumbi yatangaje ku mugaragaro ko aziyamamariza kuyobora iki gihugu mu matora ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.
Usibye aba bombi ngo hari n’abandi benshi bashobora gutabwa muri yombi.
Kugeza ubu ntacyo ubutegetsi bwa Congo Kinshasa buratangaza kuri ariya makuru, ndetse Congo Intelligence ivuga ko yifuje kubuvugisha bikarangira butayisubije.
Kabila na Katumbi bari kugerwa amajanja mu gihe ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bumaze iminsi buta muri yombi abanyapolitiki batandukanye, by’umwihariko bashinjwa gukorana n’u Rwanda.
Mu baheruka gutabwa muri yombi harimo Salomon Kalonda wahoze ari umujyanama wa Moà¯se Katumbi.
Mu baheruka gutabwa muri yombi kandi harimo Colonel Col. Yuse wabaye umuyobozi muri polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mbere yo kugirwa umuyobozi w’umutwe warindaga Joseph Kabila.
Abakurikiranira hafi ibyo muri Congo bahuriza ku kuba impamvu Tshisekedi akomeje guta muri yombi abakeba be biri mu rwego rwo gushaka kubikiza, kugira ngo hatazagira umukoma mu nkokora mu matora y’Umukuru w’Igihugu.


