Perezida wa Senegal, Macky Sall, yatangaje ko ataziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’umwaka utaha, birangiza imyaka yo gushidikanya ku bijyanye n’ahazaza he muri politiki kwateje imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu kwezi gushize .
Mu ijambo rye ryatambutse ku rubuga rwe rwa Facebook, Macky Sall kuri uyu wa Mbere ushize yashimangiye ariko ko itegeko nshinga rya Senegal ryakabaye rimwemerera kwiyamamaza nubwo yamaze gutorerwa manda ya kabiri muri 2019.
Mu ijambo rye, Sall yagize ati: “Habayeho impuha nyinshi no gutanga ibisobanuro kuri kandidatire yanjye muri aya matora.” “Manda ya 2019 yari manda yanjye ya kabiri n’iya nyuma.”
Yakomeje agira ati: “Icyemezo cyanjye, cyatekerejweho… ntabwo ari ukwiyamamaza nk’umukandida mu matora ateganijwe ku ya 25 Gashyantare 2024… nubwo itegeko nshinga ryampa uburenganzira”.
Itangazo rya Sall rishobora guhosha ubwoba bwo gusubira inyuma kwa demokarasi muri Senegali nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Ibihuha byavugaga ko uyu muyobozi w’imyaka 61 azagerageza kongera igihe cye ku butegetsi byatumye haba imidugararo kuva mu 2021 aho abantu benshi bishwe, bituma Senegal yari izwiho gutuza mu karere yibazwaho.


