Rutshuru: Imirwano yakomeje nyuma y’aho M23 ifashe Gurupoma ya Bukombo

Kuri uyu wa Gatatu, imirwano yongeye kuba hagati y’inyeshyamba za M23 n’uinyeshyamba Nyatura ahitwa Katwiyovu, nyuma y’indi mirwano ikaze yabereye muri Gurupoma ya Bukombo-centre, yarangiye M23 ihafashe .

Amakuru ahabera imirwano muri iki gice cya Teritwari ya Rutshuru avuga ko igice kinini cy’abaturage bahungiye i Nyanzale, Katsiru na Mashango.

Hagati aho, Centre ya Bukombo ikomeje kuba mu maboko y’inyeshyamba za M23 kuva ejo ku wa Kabiri, itariki 11 Nyakanga nyuma y’imirwano bivugwa ko yaguyemo abasivili 2, inyeshyamba 2 ku ruhande rwa Nyatura CMC / FDP, mu gihe ku ruhande rwa M23, hatamenyekanye abapfuye.

Inyeshyamba za M23 ngo zaje kuva ahitwa Kazuba, Sisa, Muruka na Kinyagizi ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba kuwa Kabiri, zijya kwirunda muri Bukombo, Lulure, Rubona, Muhanga, Mashiga, Shonyi na Rubwe y’Amajyepfo muri Teritwari ya Rutshuru n’ubundi.

Ku rundi ruhande, Inyeshyamba za CMC / FDP ziracyagenzura Mashango, Mudugudu, Karambi kugera Katsiru na Chahemba.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *