RDC: Uwiyita pasiteri asanga bakwiye gucura intwaro za kirimbuzi bagasenya Kigali

Umupasiteri wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri iki Cyumweru ubwo yari imbere y’abagize itorero rye, mu byo yabwirije yazanyemo n’igitekerezo cy’uko Kinshasa yakora intwaro za kirimbuzi maze ikazazitera i Kigali, aho avuga ko ari igisubizo ku cyo yita ubushotoranyi u Rwanda rukomeje gukorera igihugu cye .

Uyu wiyita umupasiteri witwa Masambukidi avuga ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo ifite ibyangombwa byose byo gukora igisasu cya kirimbuzi ndetse n’indege zo kujyana ibyo bisasu kuri kigali bagasiga bayitwitse.

Ati ” Dufite coltan dufite uranium, abahanga muri biology ntibahari? Barahari. Niba u Rwanda rutubangamiye, mufite indege zanyu zo guhiga hano, muzamuremo intwaro za kirimbuzi…dufite coltan, dufite uranium, dukore intwaro zacu za kirimbuzi mu kigo cya nikiliyeri cyacu i Kinshasa hano. Mubahe uburyo bakore intwaro za kirimbuzi. Muzamure indege hano ku kibuga cy’indege cya Goma, izamuke waaaa igere i Kigali irekure. Abantu barapfuyeeee, Abanyakigaliii…mugaruke hano…”

Yakomeje aririmba indirimbo baririmba bagarutse bavuye gusenya Kigali agira ati ” Matondo mingi kolo, matondo mingi….”

Mu mwaka ushize, uyu yari yagaragaye mu kiganiro cyatambutse ku muyoboro wa youtube avuga ko ikihishe inyuma y’intambara y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo ari Perezida w’u Rwanda n’abacengezi bari muri FARDC, asaba Abanyekongo guhaguruka bakirwanaho bakoresheje icyo bafite cyose kirimo n’imihoro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *