Mushiki wa Perezida Joe Biden witwa Valerie Biden Owens, akaba ari umuhanga mu bya politiki, yatangaje ko abona Meghan Markle, umugore w’Igikomangoma Harry, nk’umugore yashyigikira ku mwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nubwo nta matora n’amwe yigeze yiyamamazamo, Meghan wahoze ari umukinnyi wa filimi ari ku isonga mu matora mu bademokarate babajijwe umugore bumva bazatora akajya muri White House.
Yegeranye mu majwi na Visi Perezida, Kamala Harris, kandi ari imbere ya Hillary Clinton nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Mail ikomeza ivuga.
Ariko impuguke mu by’amatora muri Amerika zagaragaje ko izina rya Meghan muri urwo rwego ari ikimenyetso cy’uko ‘amahitamo Abademokarate bafite atari meza’.
Kandi kuba ngo Perezida Biden yaranze kumuha lift we n’Igikomangoma Harry muri Air Force One ubwo bari bavuye gushyingura Umwamikazi Elisabeth ngo ni ikimenyetso cy’uko Biden atari umufana.
Nubwo aya makuru yo kwimwa lift nta kiyemeza neza, bivugwa ko Biden yaba yaranze kujyana nabo mu rwego rwo kwirinda kugaragaza uruhande abogamiyeho hagati y’uyu muryango n’Umwami mushya w’u Bwongereza bagifitanye ibibazo bitarakemuka neza.
Valerie Biden Owens (wavutse ku itariki ya 5 Ugushyingo 1945) ni umunyapolitiki w’umunyamerika, ushinzwe ubukangurambaga ndetse wahoze ari umurezi. Ni mushiki wa Joe Biden, Perezida wa Amerika wa 46. Mu mwaka wa 2016, perezida Barack Obama yamugize uhagarariye Amerika mu nama ya 71 y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Owens yagize uruhare runini mu bikorwa byose bya politiki byo kwiyamamaza bya musaza we.
Yabaye umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kumwamamaza mu matora yose yitabiriye ya Sena ndetse no mu kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida mu 1988 na 2008, ndetse anaba umujyanama we mukuru mu kwiyamamaza kwe kwamugejeje ku ntsinzi mu 2020.
Valerie Biden Owens yasohoye igitabo kivuga ku buzima bwe yise “Growing Up Biden” cyangwa “Gukura nka Biden” mu 2022.


