Burundi: Hibutswe urupfu rwa Lt. Gen. Nshimirimana wari ukuboko kw’iburyo kwa Nkurunziza

Mu gihugu cy’u Burundi kuri uyu wa gatatu, itariki ya 2 Kanama 2023, bibutse urupfu rwa Lt. Gen. Adolphe Nshimirimana wiciwe mu gitero cya rokete i Bujumbura mu 2015 mu gihe igihugu cyari mu mvururu zakurikiye igerageza ry’ihirika ry’ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza.

Adolphe Nshimirimana wavutse kuwa 12 Nzeri 1964 (Yavukiye i Nyabiraba muri Komini ya Gishubi, Intara ya Gitega) agapfa kuwa 2 Kanama 2015 yari umujenerali mu Ngabo z’u Burundi wabaye umuyobozi mukuru w’ingabo, ndetse akaba n’umujyanama mukuru wa perezida mu by’umutekano w’imbere mu gihugu ndetse ayobora urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza.

Mu mwaka wa 2015, Perezida Pierre Nkurunziza yatangaje ko afite umugambi wo guhatanira manda ya gatatu, bituma abantu benshi batavuga rumwe babyamagana ndetse havuka imyivumbagatanyo. Muri Gicurasi 2015, Nshimirimana yafashije guhashya abagerageje coup d’Etat kandi yagaragaye nk’uwateguye umugambi wo guhashya abigaragambyaga batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch washinje Nshimirimana kuba “umwe mu bantu b’abahezanguni begereye perezida.” Ububasha bwa Nshimirimana bwarushijeho kwiyongera igihe imyigaragambyo yari ikomeje gufata intera hagati mu 2015.

Nk’uko Carina Tertsakian wo muri uyu muryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu yabitangaje, ngo “Nubwo cyangwa wenda kubera ubugome bwe bukabije, Adolphe yabonwaga ahanini nk’umuntu utakorwaho, ku buryo nta muntu n’umwe wari ufite ubutwari bwo gutinyuka, cyangwa ngo asabe ko yazabibazwa.”

Ku itariki ya 4 Kanama 2015, Nkurunziza yategetse abapolisi gushaka abicanyi bishe Nshimirimana, wafatwaga nk’ukuboko kwe kw’iburyo, mu minsi itarenze 10.

Nshimirimana yarapfuye abandi batatu bari kumwe barakomereka bikabije mu gitero cya roketi cyagabye ku modoka ye kuri Gare du Nord i Bujumbura saa mbiri n’igice z’igitondo cyo ku itariki ya 2 Kanama 2015.

Ku ya 13 Ukuboza 2016, abapolisi bo mu Burundi batangaje ko umwe mu bakekwaho uruhare mu iyicwa rya Nshimirimana yatorotse gereza yishe umucungagereza.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *