Niger: Bazoum wakuwe ku butegetsi yatakambiye USA ngo imusubizeho

Mohamed Bazoum uherutse gukurwa ku butegetsi n’abasirikare ba Niger yatakambiye Leta zunze ubumwe za Amerika n’andi mahanga ngo bimusubize ku nshingano yatorewe.

Bazoum, mu nyandiko ye yatangajwe n’ikinyamakuru Washington Post kuri uyu wa 3 Kanama 2023, yavuze ko abasirikare bamukuye ku butegetsi bagabye igitero kuri demukarasi, kandi ko bari kumuhohotera kimwe nk’abandi baturage babarirwa mu magana.

Yagize ati: “Nanditse ibi nk’imbohe. Niger iri kugabwaho igitero n’abasirikare bahiritse ubutegetsi bari kugerageza gukuraho demukarasi, kandi ndi umwe mu magana y’abaturage bafunzwe mu buryo batemewe. Iri hirika ryakorewe ubutegetsi bwanjye tariki ya 26 Nyakanga nta shingiro na rito rifite. Nirikunda, rizagira ingaruka zikomeye ku gihugu cyacu, ku karere no ku Isi yose.”

Bazoum yavuze ko igeragezwa ryo gukuraho ubutegetsi bwe bwagiyeho byemewe n’amategeko mu 2021 rikwiye kwamaganwa, aboneraho gushimira USA, umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), umuryango w’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS) byaryamaganye, bigasaba ko rihagarikwa.

Mu mpamvu abasirikare bahiritse Bazoum batanze, basobanuye ko babikoze kubera ko yananiwe kurinda umutekano w’igihugu, aho ngo yananiwe intambara yo kurwanya ibyihebe bigendera ku matwara akomeye ya Isilamu, kutageza igihugu ku bukungu bwifuzwaga kandi ngo “imikoranire na USA” iri kubabaza Niger.

Uyu munyapolitiki, muri iyi nyandiko, yagaragaje ko izi mpamvu ari ibinyoma, agaragaza uburyo ubutegetsi bwe bwarwanyije umutwe wa Boko Haram, aho mu myaka ibiri ishize nta gitero wongeye kugaba mu majyepfo y’igihugu, aho kandi kuva mu 2021 nta gitero gikomeye wongeye kugaba mu majyaruguru no mu burengerazuba.

Bazoum ati: “Umutekano wa Niger uhagaze neza mu buryo bugaragara ugeraranyije n’uko mu baturanyi, Mali na Burkina Faso, ubutegetsi bwaho hombi buyobowe n’abasirikare bagiyeho bakoze ihirika ritemewe. Aho gukemura ikibazo cy’umutekano biyubakira ubushobozi, bazanye abacancuro b’Abarusiya b’abanyabyaha nka Wagner Group ku kiguzi cy’uburenganzira bw’abantu n’agaciro kabo.”

Yateguje ko mu gihe abasirikare bahiritse ubutegetsi bwe bakomeza kuyobora Niger, akarere kose ka Sahel kazagwa mu maboko y’u Burusiya, binyuze mu mutwe wa Wagner “iterabwoba ryawo rikomeye ryagaragariye byuzuye muri Ukraine”, kandi ngo umutwe wa Boko Haram uzinjirira mu kaduruvayo igihugu cyabo kirimo, ucyifashishe mu guhungabanya n’ibihugu by’abaturanyi.

Ashingiye kuri ibi, Bazoum yasabye USA n’andi mahanga kumusubiza ku butegetsi. Ati: “Ndasaba Leta ya U.S n’umuryango mpuzamahanga wose kudufasha gusubizaho gahunda yacu y’itegekonshinga. Kurwanirira indangagaciro duhuriyeho nka demukarasi no kubahiriza itegeko ni bwo buryo bwonyine bwo kurwanya ubukene n’iterabwoba. Abantu ba Niger ntabwo bazibagirwa ubufasha bwanyu muri ibi bihe bikomeye mu mateka y’igihugu cyacu.”

Uyu munyapolitiki asohoye iyi nyandiko nyuma y’aho avuganye n’Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken, ku murongo wa telefone kuri uyu wa 2 Kanama, akamumenyesha ko ashyigikiye ko asubira ku butegetsi.

Umuvugizi wa Blinken, Matthew Miller, yemeje aya makuru, agira ati: “Umunyamabanga wa Leta Anthony J. Blinken yavuganye uyu munsi na Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum ku biri kubera muri Niger. U.S ishyigikiyte ko ubutegetsi bwagiyeho habayeho amatora yubahirije demukarasi busubiraho, nk’uko ECOWAS, AU n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bibyumva.”

Bazoum ari mu maboko y’abasirikare bamukuye ku butegetsi, nk’imbohe, gusa abahagarariye ibihugu bitandukanye, imiryango mpuzamahanga ndetse n’abanyamakuru bakomeye bemererwa kumusura.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *