USA: Donald Trump yitabye urukiko ahakana icyaha akurikiranweho

Kuri uyu wa Kane, itariki 3 Kanama 2023, Donald Trump yahakanye icyaha ashinjwa cyo kuba yarateguye umugambi wo kugerageza guhindura ibyavuye mu matora yo mu 2020 yatsinzwe mu byo abashinjacyaha bo muri Amerika bise ibintu bitari byarigeze bibaho byakozwe n’uwari perezida w’icyo gihe kugira ngo yangize inkingi za demokarasi y’Abanyamerika.

Umushinjacyaha, Jack Smith, wahagarikiye iperereza, yari mu rukiko ubwo Trump yiamenyeshwaga ikirego aregwa imbere y’umucamanza Moxila Upadhyaya.

Ijambo rya mbere Trump yavuze ahawe ijambo ni “ndi umwere” nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’u Bwongereza, Reuters, dukesha iyi nkuru bivuga.

Urubanza rwamaze hafi igice cy’isaha, rwabereye mu rukiko rwa Washington mu kirometero 1 uvuye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Capitol, inyubako abashyigikiye Trump bateye ku itariki ya 6 Mutarama 2021, kugira ngo bagerageze kubuza Kongere kwemeza ko yatsinzwe.

Ni ku nshuro ya gatatu Trump ahakana icyaha kuva muri Mata, mu gihe uyu mugabo ku rundi ruhande ari imbere mu bafite amahirwe yo kuzavamo umukandida uzahagararira ishyaka ry’Abarepubulikani mu matora yo mu 2024 akaba yakongera guhura na Joe Biden.

Gusa, hari ibindi byaha akurikiranweho agomba kuburana kuzageza mu 2025.

Ku wa Kabiri, mu nyandiko y’ibirego y’amapaji 45, Smith yashinje Trump n’abafatanyabikorwa be guteza imbere ibinyoma by’uko amatora yabayemo uburiganya, ahatira abayobozi ba leta guhindura ibyavuyemo ndetse no guteranya impapuro mpimbano z’abatoye kugira ngo bagerageze kwambura amajwi Biden.

Trump, w’imyaka 77, akurikiranyweho ibyaha bine, birimo umugambi wo kuriganya Amerika, kwambura abaturage uburenganzira bwabo bwo gutora no kubangamira igikorwa cyemewe n’amategeko. Icyaha gikomeye cyane gihanishwa igifungo kuva ku myaka 20.

Biteganyijwe ko uru rubanza ruzasubukurwa ku itariki ya 28 Kanama imbere y’umucamanza w’akarere, Tanya Chutkan nubwo Upadhyaya yavuze ko bitazaba ari ngombwa ko Trump agera mu rukiko.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *