Rutshuru: FDLR irashinjwa kujujubya abaturage ba Ishasha

Umutekano ukomeje guhungabana mu mujyi wa Ishasha, uherereye nko mu birometero 130 mu majyaruguru ya Goma, muri Gurupoma ya Binza, Teritwari ya Rutshuru. Ni umutekano mucye bivugwa ko uterwa n’imitwe yo kwirwanaho bakunze kwita “Wazalendo” ndetse n’inyeshyamba za FDLR zirwanira muri kariya gace, ariko zikagenzurwa n’igisirikare cya leta.

Amakuru aturuka muri ako gace nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga, avuga ko abaturage ba Ishasha basahurwa ibyabo, bashimutwa, batotezwa ndetse bagabwaho ibitero bya hato na hato mu masaha y’ijoro bigabwe na “Wazalendo” na FDLR.

Basobanura ko muri iki cyumweru gishize amazu abarirwa muri mirongo yasahuwe n’aba bagizi ba nabi. Batwaye ibintu byinshi by’agaciro muri aya mazu. Za Kiosks n’isanduku y’ubwiteganyirize yitwa “AVEC” byarasahuwe kandi birangizwa.

Izi nyeshyamba za Wazalendo zivugwaho gushinga bariyeri zirenga umunani ku muhanda Kiseguru – Iihada, aho bishyuza amafaranga 1.000 ya Congo kuri buri muntu uhatambutse.

Usibye imisoro itemewe, nk’uko amakuru amwe abivuga, iyi mitwe yitwara gisirikare itagenzurwa ikorera ibindi byaha abaturage b’abasivili basanzwe barajahajwe n’intambara.

Abavuga rikijyana bo muri Rutshuru baramagana ibi kandi bagasaba uruhare rwa Guverinoma ya Congo, kugira ngo habarurwe izo nyeshyamba za Wazalendo kandi zitabweho uko bikwiye kugirango zirekere aho kujujubya rubanda.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *