Jose Mourinho yateye utwatsi ubusabe bumwerekeza muri Saudi Arabia

Umutoza Jose Mourinho yatangaje ko yanze ubusabe bw’amwe mu makipe yo mu gihugu cya Soudi Arabia, nyuma y’uko bamwemereye umushahara utubutse ariko ngo akawurenza ingohe.

Avuga ko Al-Hilal na Al-Ahli,arizo kipe zamwegereye bakorana nama,ariko avuga ko adateganya kuva mu ikipe ya Roma ahubwo ako azakomezanya nayo muri iyi season nk’uko yabitangarije Corriere dello Sport.

Gusa ku rundi ruhande yabajijwe niba ari icyemezo cya nyuma cyo kutava muri iyi kipe akerekeza mu barabu ariko yerekana ko ashobora guhindura ibitekerezo bye mu gihe kizaza ariko kitazwi.Si ayo makipe yo mu barabu yegereye Mourinho kuko ngo yanasabwe no gutoza ikipe y’igihugu y’Ubushinwa ariko ubwo busabe arabwanga.

Mourinho yahawe akazi ko gutoza iyi kipe y’Ubutaliyani mu ntangiriro za shampiyona ya 2021—2022, abageza ku ntsinzi y’igikombe cy’ibihugu by’i Burayi(Europa League). Muri shampiona iherutse yagejeje Roma ku mukino wa nyuma wiri rushanwa ariko ntibyakunda ko begukana intsinzi kuko Sevilla yabatsindiye kuri penaliti.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *