Abasesenguzi baravuga ko minisitiri w’intebe wa Libya wemewe ku rwego mpuzamahanga yatangiye kotswa igitutu kubera uruhare yaba yaragize mu kugerageza gusubiza mu buryo umubano na Israel, aho bamwe basabye ko yirukanwa, mu gihe yirukanye minisitiri w’ububanyi n’amahanga amushinja kuvugana na mugenzi we wa Israel atabitumwe.
Abdul Hamid Dbeibah, ukuriye Guverinoma y’ubumwe bw’igihugu ifite icyicaro i Tripoli (GNU), yirukanye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Najla al-Mangoush nyuma y’uko mu cyumweru gishize abonanye na mugenzi we wa Israel, Eli Cohen, i Roma mu cyumweru gishize. Kuva icyo gihe al-Mangoush yahise ahunga igihugu.
Ku cyumweru nimugoroba, itangazo rya minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel rivuga ko al-Mangoush na Cohen baganiriye ku buryo bwo kubaka umubano ukomeye hagati y’ibihugu byabo.
Iyi nama yateje urunturuntu mu ijoro ryo ku Cyumweru i Tripoli no mu yindi mijyi, abigaragambyaga bafunga imihanda bakoresheje amapine batwitse kandi bazunguza amabendera ya Palesitine.
Inteko ishinga amategeko ya guverinoma ya Libya ibarizwa mu burasirazuba, GNU, yavuze ko izaterana ikimva ibijyanye n’iki kibazo, mu gihe akanama ka perezidansi ka guverinoma bihanganye i Tripoli kasabye Minisitiri w’Intebe Dbeibah ibisobanuro maze Inama nkuru y’igihugu, urundi rwego rukomeye, irabyamagana.
Igitambo?
Mu itegeko ryo muri Libya ryo mu 1957, birabujijwe kugirana umubano usanzwe na Israel. Abasesenguzi bavuga ko al-Mangoush yabaye igitambo cy’ibyemezo byafashwe n’abayobozi ba Libya, bihuza iyi nama n’imbaraga za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo guhatira ibihugu byinshi by’Abarabu gusubiza mu buryo umubano wabyo na Israel.
Impuguke yo muri Libya, Anas El Gomati wo muri Sadeq Institute yavuze ko Dbeibah, na Khalifa Haftar, wo muri guverinoma yindi ya Libya itemewe n’inteko ishinga amategeko ikorera mu burasirazuba imushyigikiye “bakoresheje minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’umugore wa Libya nk’umuntu ukwiye kuzira ibyemezo bose bagizemo uruhare”.
El Gomati yabwiye AFP ati: “Ntabwo ari ibya politiki, ahubwo ni ugushaka uba igitambo.”
Muri Mutarama, bivugwa ko Dbeibah yahuye n’umuyobozi wa CIA , William Burns, i Tripoli kugira ngo baganire ku mibanire myiza na Israel, nk’uko abayobozi babiri ba Libya babitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press.
Umwe mu bayobozi yavuze ko yatanze uburenganzira bwo kujya mu masezerano yagizwemo uruhare na Amerika yiswe “Abraham Accords” agamije gusubiza mu buryo umubano wa Israel n’ibibazo by’Abarabu, ariko ko akaba yari afite impungenge z’uko Abanya-Libya nk’igihugu kizwiho gushyigikira ikibazo cya Palesitine batazabyakira neza.


