Impuruza ku mibare y’abanywa urumugi yatumbagiye muri Kenya

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubukangurambaga bwo kurwanya inzoga n’ibiyobyabwenge (NACADA) muri Kenya bwerekanye ko umubare w’Abanyakenya banywa urumogi wiyongereyeho 90% mu myaka 5 ishize.

Ubushakashatsi bwakozwe mu 2022, bwagaragaje ko Abanyakenya bagera kuri 518.807 bafite imyaka 15-65 kuri ubu bakoresha urumogi. Ibi bihwanye n’umwe muri 53 muri Kenya muriki cyiciro.

Ubushakashatsi bwagaragaje kandi ko kunywa urumogi i Nairobi, aho 6.3% by’abaturage bafite hagati y’imyaka 15-65 bakoresha ibiyobyabwenge.Nyanza na Coast ni utundi turere tubiri dufite umuvuduko mwinshi wo kunywa urumogi, aho 2,4% na 1.9% byabaturage bakoresha ibiyobyabwenge.

Ibyavuye mu bushakashatsi byerekana ko hakenewe kongera ubumenyi ku kaga kazanwa n’ibiyobyabwenge by’umwihariko urumogi.Ikindi kiyobyabwenge kigarukwaho muri ubu bushakashatsi harimo ikitwa Miraa ndetse n’itabi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *