Umuhanzikazi akaba n’umushabitsi Hamisa Hassan Mobetto yatangaje ko ari ku gitutu cyo gushakana n’umukunzi we mushya Kevin Sowax, aho abantu bakomeje kumubaza igihe bazarushingira.Mu kiganiro aherutse kugirana n’igitangazamakuru kimwe , Hamisa yemeye ko akomeje kotswa igitutu n’umuryango we ngo ashake umugabo.
Ati: “ Gushaka biri muri gahunda yImana kandi biba mu gihe nyacyo. Nahisemo kwibanda ku bucuruzi bwanjye ku buryo iyo mpuye n’umugabo wanjye w’ahazaza, abona umugore ufite icyo ashyira ku meza. ”
Hamisa yatangaje kandi ko Kevin yamaze guhura na nyina, iyi ikaba ari intambwe ikomeye mu mibanire yabo bisobanuye ko n’ibindi bishobora kuzaza.Uyu muhanzikazi azwi cyane mu mu mashusho y’indirimbo ‘Salome’ ya Diamond Platnumz banabyaranye.Uyu mukunzi we mushya akaba anaherutse kumuha impano y’imodoka ihenze mu birori by’isabukuru ye.
Nyuma y’iminsi micye mu kiganiro kimwe aheruka kugira yahise atangaje ko yizera ko yamaze kubona urukundo rw’ubuzima bwe.Ati ”Bwa mbere nabonye umuntu dushobora kuvuga rumwe kandi ibyo dukora byose biba byoroshye binajyana, biboneye, ndifuza gushyingiranwa na we nkajya mutekera neza.”



