Burundi: Inyandiko z’abiyise abasirikare n’abapolisi baharanira impinduka zateje urujijo

Mu gitondo cy’uyu wa 2 Ukwakira 2023, mu bice bitandukanye by’u Burundi hatoraguwe kopi z’itangazo ry’iyiyise ‘komite y’abasirikare n’abapolisi iharanira impinduka’ bigaragara ko ryanditswe tariki ya 30 Nzeri.

Mu gika kibanza cy’iri tangazo, iyi komite yahawe izina ry’impine rya ‘CMPCB’ iravuga ko mu bigo by’igisirikare n’igipolisi hamaze iminsi umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho, gusa yo ngo irawamagana kuko, ishingiye ku mateka yaranze u Burundi, ibona habamo kumena amaraso y’Abarundi.

Iyi komite ihagarariwe n’uwiyise Lieutenant Stanislas Ndihokubwayo, akaba ari na we washyize umukono ku itangazo, iravuga ko ariko ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye buruhije Abarundi, bityo ko iri kwiga ku buryo yakoresha, ikamukura ku butegetsi bidasabye ko amaraso ameneka.

Iti: “Nta wakwirengagiza ko abanegihugu mu Burundi baruhijwe n’ubutegetsi muri iki gihe buyobowe na Varisito Ndayishimiye. Iyi komite y’abasirikare n’abapolisi iharanira impinduka igiyeho kugira ngo yigire hamwe n’abanegihugu uburyo ubutegetsi bwa Varisito Ndayishimiye na CNDD-FDD ye byatuva ku gakanu.”

Izi kopi zikwirakwiye mu gihugu hashize amasaha make ikinyamakuru Ikiriho gikorana bya hafi n’urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza, SNR, kibiteguje Abarundi.

Iki kinyamakuru mu masaa tatu y’ijoro ryo kuri uyu wa 1 Ukwakira 2023 cyagize kiti: “Ku bw’amasoko yacu, hari imyiteguro yo gukwirakwiza ibihuha biciye mu nyandiko zitagira umukono mu bice bitandukanye. Ni ukugira ngo bahungabanye abenegihugu bamaze gutahura no gukurikira intumbero ya Nyakubahwa Umukuru w’Igihugu ibahamagarira icyerekezo cy’u Burundi cy’umwaka w’2040 n’u Burundi buteye imbere mu 2060.”

Izi nyandiko zikwirakwiye nyuma y’aho mu minsi ishize, Perezida Ndayihimiye amenyesheje Abarundi ko amakuru y’umugambi wo kumukura ku butegetsi ari ibihuha bigamije kubarangaza, bikababuza kwiteza imbere. Ntabwo haramenyekana abihishe inyuma yazo, cyane ko iyi komite ubwayo yisabira ko uwayiyitirira yakwimwa amatwi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *