Umutoza Erik ten Hag yavuze ku cyemezo cye cyo kugarura Antony mu ikipe ya Manchester United nyuma yo guhagarikwa muri iyi kipe aho yaashinjwaga guhohotera uwahoze ari umukunzi we.
Ibi yabigarutseho ubwo yari abajijwe kuri uyu musore niba azongera kugaragara mu kibuga, maze nawe atazuyaje avuga ko ashobora gukina kuri uyu wa kabiri nyuma y’uko akoze imyitozo.Uwahoze ari umufasha wa Antony, Gabriela Cavallin, yatangaje ko uyu musore yamwibasiye akamukomeretsa ku mubiri inshuro nyinshi mu gihe bamaranye i Manchester ndetse no muri Berezile aho avuka.
Icyo gihe inzego z’umutekano zatangaje ko zigiye gukora iperereza ngo harebwe niba koko Antony ibyo ashinjwa ari ukuri.Kuba yarashinjijwe ihohotera byatumye anahagarikwa mu ikipe y’igihugu ya Bresil.
Abunganira Gabrela Cavallin babinyujije mu itangazo ryagenewe abanyamakuru nabo bavuga ko ibyaha byakozwe n’uyu mukinnyi bikomeje gukorwaho iperereza na Polisi ya Manchester ndetse na Police yo muri Bresil, bityo vuba aha akazoherezwa mu Rukiko, aho agomba kuburanishwa.
Ku wa gatandatu, Antony ntabwo yari mu ikipe yakinnye na Crystal Palace ubwo yatsindwaga igitego 1-0 ariko Ten Hag ubu yemeje ko uyu mukinnyi ashobora kuboneka mu mikino ya UEFA Champions League izahuramo na Galatasaray kuri uyu wa kabiri.
Antony yaherukaga kugaragara akina ubwo Manchester United yakinaga n’ikipe ya Arsenal taliki 03 Nzeri 2023.Kuri iyi nshuro rero akaba yaragarutse mu gihugu cy’u Bwongereza akanakora imyitozo itegura umukino uzahuza iyi kipe na Galatasaray.




