Uganda irashinja uwahoze ari umuyobozi muri ICC gutera inkunga LRA

Uganda iri gukora iperereza ku bivugwa ko uwahoze ari umujyanama mukuru mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha yagize uruhare mu gutera inkunga umutwe wa Lord Resistance Army.

Nk’uko byatangajwe n’umunyamategeko uhagarariye abahoze ari abasirikare b’abana ba Lord Resistance Army, cyangwa LRA, abahohotewe bavuze ko hagati ya 2006 na 2017 Brigid Inder wahoze ari umuyobozi muri ICC “yorohereje kandi agatera inkunga” Joseph Kony, umuyobozi wa LRA muri Uganda.

Umushinjacyaha mukuru wa Uganda, Kiryowa Kiwanuka, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ati: “Twabonye amakuru ajyanye n’uruhare ruvugwa ko rwagizwe n’umuyobozi wavuzwe muri ICC mu gutera inkunga ibikorwa bya LRA harimo amafaranga yo kugura intwaro kandi inzego zacu zibishinzwe zirimo gukora iperereza kuri ibyo birego.”

“Ibi ni ibirego bikomeye by’inshinjabyaha kandi nibiramuka bigaragaye ko ari byo, uyu muyobozi azakurikiranwa kugira ngo abahohotewe barenganurwe.”

Kony na LRA batangije ibitero muri Uganda mu myaka irenga mirongo itatu ishize bashakaga gushyiraho verisiyo ye bwite y’Amategeko Icumi mu majyaruguru y’igihugu.

Yatangije ubukangurambaga bw’iterabwoba bwakwirakwiriye mu bihugu byinshi bituranye na Uganda.

Kony na LRA we bagabye igitero muri Uganda mu myaka irenga mirongo itatu ishize bashaka gushyiraho leta ye bwite igendera ku mategeko akakaye ya kisilamu bita sharia mu majyaruguru y’igihugu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *