Umutoza Luis Enrique w’Ikipe ya Paris Saint-Germain, yishinje kuba nyirabayazana yatumye ikipe ye inyagirwa na Newcastle United mu ijoro ryakeye.
PSG yari yasuye Newcastle United i Saint James Park, mu mukino wa UEFA Champions league warangiye inyagiwe ibitego 4-1.
Ibitego bya Miguel Almiron, Dan Burn, Sean Longstaff na Fabian Schar ni byo byafashije ikipe y’umutoza Eddie Howe kwegukana intsinzi mu ijoro ryakeye, nyuma y’imyaka 21 ititabira imikino ya UEFA Champions league.
Impozamarira ku ruhande rwa PSG yabonetse ku munota wa 56 w’umukino biciye kuri myugariro Lucas Hérnandez.
Umutoza Luis Enrique nyuma y’uyu mukino yishyizeho amakosa, avuga ko ari we watumye iriya kipe y’i Paris itsindwa.
Ati: “Ni njye nyirabayazana y’umusaruro w’ikipe. Ibyo biragaragara cyane. Ni njye muntu wa mbere ndetse n’uwa nyuma watumye ikipe itsindwa na Newcastle ibitego 4-1.”
Gutsinda uyu mukino byatumye Newcastle ifata umwanya wa mbere mu tsinda F n’amanota ane, ikarusha inota rimwe PSG ya kabiri.
AC Milan nyuma yo kugwa miswi na Borussia Dortmund 0-0 yafashe umwanya wa gatatu n’amanota abiri, mu gihe iriya kipe yo mu Budage ari iya nyuma n’inota rimwe.


