Rwiyemezamirimo w’Umunyarwanda na mugenzi we w’Umunyakenya bari mu mpaka zikomeye mu rukiko ku bijyanye no gutunga no kugenzura miliyoni 400 z’amashiringi yafatiriwe muri banki ebyiri z’i Nairobi. Amafaranga yavuye mu bucuruzi bwo kuri internet.
Kugira ngo hirindwe ko amafaranga menshi asesagurwa, Umucamanza mukuru w’urukiko rwa Milimani, Bernard Ochoi, yahagaritse konti ya Stay Online Limited (SOL) muri Equity Bank Limited (EBL) na United Bank Africa Limited (UBA) kugira ngo arinde amafaranga.
Hagati aho, Ochoi yategetse ko uru rubanza rwoherezwa mu rukiko rushinzwe ibibazo by’ubucuruzi kugira ngo hamenyekane nyiri sosiyete SOL.
Muri uru rubanza, Koome Kirimi (Umunyakenya) avuga ko ari we wenyine nyiri Stay Online Limited, muri Kenya, ariko Desire Muhinyuza (Umunyarwanda) yavuze ko Kirimi yatorewe kuba umukozi wa SOL muri Kenya kubera ko ku munyamahanga bigoye kwandikisha ikigo.
Muhinyuza yavuze ko Patrick Gakuba ari we wamumenyesheje Kirimi nk’umuntu ushobora gufasha SOL kwiyandikisha muri Kenya.
Ati “Noherejwe ku witwa Koome Kirimi na Patrick Gakuba, umuyobozi wa EBL (Equity Bank Limited) Rwanda e-commerce kugira ngo amfashe kwandikisha Stay Online Limited (Kenya) mu izina rye n’imigabane ijana ku ijana (100%) ampagarariye ku cyizere ku itariki ya 14 Mata 2023, kubera status yanjye y’umunyamahanga icyo gihe”.
Uyu rwiyemezamirimo yavuze ko yavuganye na Kirimi amuha amabwiriza yo gushinga Stay Online Ltd (Kenya) akoresheje inguzanyo ye n’amasezerano avuga ko azayimushyikiriza namara gukemura ikibazo cya status ye nk’umwimukira.
Ku wa Mbere, abunganizi ba Muhinyuza, Danstan Omari na Aranga Omaiyo, batangarije umucamanza Ochoi ko umukiriya wabo kuva icyo gihe yakemuye ikibazo cya status ye nk’umwimukira ariko Kirimi akaba ataramusubije sosiyete ye nk’uko babyumvikanyeho.
Ahubwo, urukiko rwumvise ko Kirimi yatangiye gukanga Muhinyuza, amukangisha guhagarika ibikorwa bya SOL muri Kenya naramuka atishyuye amadorari 120.000 kuri konti ya Equity Bank Limited mu ishami rya Meru.
Kubera izo mpungenge, Muhinyuza yatangiye kohereza amafaranga kuri konti ya Kirimi ayakuye kuri konti ya SOL iri muri Access Bank Rwanda ayohereza kuri konti ya UBA muri Kenya.
Muri Kamena 2023, Koome yatangiye kohereza ubutumwa bwa WhatsApp agamije kunyereza amafaranga akoresheje impamvu zitandukanye nko kwishyura imisoro, nk’uko umucamanza Ochoi yabyumvise.
Umucamanza yabwiwe ko SOL yanditswe mu Rwanda mu 2013.
Mu nama y’inama y’ubuyobozi yabereye mu Rwanda, hafashwe umwanzuro wo kwagura ubucuruzi bwa SOL muri Zambia, Kenya na Uganda.
Abanyamategeko Omari na Omaiyo babwiye umucamanza Ochoi ko SOL yaguye ibikorwa byayo no muri Canada.
“Umuvandimwe wanjye Ndamutsa Thaddee Rusera Sandy, akaba ari umuyobozi wungirije wa SOL, yahisemo kwagura ibikorwa muri Afurika y’Iburasirazuba ahitamo Kenya kuko ari ihuriro ry’ubukungu muri aka karere”, nk’uko Bwana Muhinyuza abivuga mu nyandiko yatanzwe n’umwunganizi we.
Yongeraho ko Sandy yakiriye icyifuzo cya Gakuba, umuyobozi wa e-commerce muri Equity Bank Limited, mu Rwanda, kugira ngo abahuze na Kirimi ngo abafashe mu bucuruzi bwo muri Kenya.
Nyuma yo kwandikisha SOL mu izina rya Kirimi, urukiko rwumvise ko konti eshatu muri banki zafunguwe mu ma Euro, Amadolari n’Amashilingi ya Kenya muri Banki ya UBA.
Urukiko rwumvise ko Kirimi yagiye ‘akoresha nabi umwanya we nk’uwemerewe gukoresha amafaranga atinda gutanga uburenganzira bwo gucuruza bityo bigateza igihombo kitarangizwa mu buryo bw’ibihano biremereye by’ubucuruzi.
Ku itariki ya 10 Nyakanga 2023, SOL Zambia yarashinzwe kandi kuri uwo munsi, inama yemeje gushyiraho Ambrose Wamari Obara nk’umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa, muri Afurika y’Iburasirazuba. Bwana Muhinyuza agira ati: “Hemejwe ko imigabane 100% yose ifitwe na Kirimi mu izina ryanjye yimurirwa kuri Wamari (Obara) bidatinze.”
Urukiko rwumvise kandi ko Kirimi yeguye ku bushake kandi umwanya we ugahabwa Obara.
Bivugwa ko Kirimi yashyize umukono ku nyandikomvugo yo guhererekanya inshingano na Obara kandi ibaruwa ikohererezwa Gerefiye w’amasosiyete.
Yarahiriye kandi icyemezo cyemeza izo mpinduka ndetse yandika ibaruwa ku itariki ya 12 Nyakanga 2023, aho bivugwa ko yandikiye SOL ibaruwa asaba kohererezwa amafaranga 100 000 yo gutanga imisoro mu gihe cya Kamena, Nyakanga na Kanama 2023 asezeranya gutanga impapuro zo gusuzuma iyo misoro.
Urukiko rwumvise ko Muhinyuza yibajije impamvu we (Kirimi) yashakaga amafaranga kuri konti y’isosiyete y’imisoro yari kuzishyurwa mu gihe kiri imbere.
Ochoi yumvise ko “kohereza amafaranga kuri konte bwite ya Koome yoherejwe na Muhinyuza byari uburiganya rwose, bitemewe, byateguwe kandi binyuranyije na politiki y’isosiyete yacu cyangwa uburyo bwo kubika ibitabo by’ikigo”.
Obara yagejeje ikirego kuri Sitasiyo Nkuru ya Polisi avuga ko Kirimi yinjiraga kuri konti ya SOL mu buryo butemewe n’amategeko.
Kirimi ngo yoherereje UBA Bank ibaruwa ku itariki ya 8 Kanama 2023 ayimenyesha ko SOL yafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bafitanye.


