Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko haramutse agahenge, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati ya FARDC na M23.
Ku Cyumweru gishize ni bwo impande zombi zubuye imirwano, mu minsi ibiri yakurikiyeho zitanga agahenge mbere yo kongera kwesurana kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru.
Kugeza ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu imirwano yari ikijya mbere mu duce twa Teritwari ya Nyiragongo.
Uruhande rwa M23 ruvuga ko Ingabo z’uyu mutwe zikigenzura ibirindiro byawo mu duce dutandukanye.
Amakuru kandi avuga ko ku wa Gatanu uyu mutwe wigaruriye agace ka Nturo ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma y’amasaha make gafashwe n’Ingabo za Leta ya Congo zanatwitse amazu ya bamwe mu baturage bagatuyemo.


